00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impinduka ziba mu mitekerereze y’umwana ufite ababyeyi batandukanye

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 10 January 2023 saa 11:36
Yasuwe :

Imibare y’abana barerwa n’ababyeyi bahanye gatanya ikomeje kwiyongera hirya no hino ku isi, ibinagira impinduka mbi ku mitekerereze y’abo bana bikanabatera kugira ibyago byinshi byo kuzatandukana n’abo bazashakana igihe nabo baba bagize urushako.

Ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza zitandukanye zirimo Indiana University na University of Virginia bugatangazwa ku rubuga rwa World Psychiatry, bugaragaza ko abagore batahiriwe n’urushako ndetse n’abana bahora babona ababyeyi babo bakimbirana, babona gatanya nk’umwanzuro mwiza.

Gusa bugaragaza ko ingaruka zigera ku mwana nyuma y’uko ababyeyi be batandukanye ari nyinshi, nazo zigatandukana bitewe n’ikigero cy’imyaka umwana arimo.

Muri iyi nkuru, tugiye kukubwira zimwe mu mpinduka ziza mu mitekerereze y’umwana ufite ababyeyi bahanye gatanya, ndetse n’ingaruka bimugiraho.

Zimwe mu mpinduka rusange nk’uko Urubuga Family means.org rubigaragaza harimo:

Gutsindwa mu ishuri

Muri rusange gatanya igira ingaruka ku bagize umuryango bose, ariko iyo bigeze ku mwana wiga bituma hari ubwo ananirwa kwakira impinduka, bikamutera gutakaza ubushobozi bwo kwita ku masomo ye, agatangira kugira amanota make mu ishuri.

Gutakaza ibyishimo n’ubushake bwo kujya mu bandi

Ubushakashatsi bugaragaza ko umwana ufite ababyeyi bahanye gatanya, atangira gutakaza ibyishimo byo kujya mu bandi bikamutera kwigunga, rimwe na rimwe akibaza niba atari we gusa ufite ababyeyi batandukanye.

Kugorwa no kwakira impinduka

Umwana ufite ababyeyi batandukanye agorwa no kwakira impinduka z’imibereho y’ubuzima bushya ababyeyi be bari kubamo, cyane cyane akagorwa no kuba mu nzu nshya iyo yajyanye n’uwimutse, guhindura inshuti ze bikamugora, guhindura ikigo yigaho ndetse n’ibindi bitandukanye.

Kugaragaza impinduka mu marangamutima

Kutangira kugaragaza umujinya mwinshi, agahinda gakabije no gucanganyukirwa, ni zimwe mu mpinduka ziza mu marangamutima y’umwana ufite ababyeyi batandukanye.

Muri ibi bihe uyu mwana aba akeneye umuntu umuhora hafi, ndetse yanagira icyo akenera akabona vuba uwo abwira.

Kugira umujinya w’umuranduranzuzi

Umwana ufite ababyeyi bahanye gatanya, biroroshye ko atandira kugaragaza umujinya udasanzwe , akawutura ababyeyi be, inshuti ze cyangwa n’abandi bamuzengurutse.

Gukurana urugomo

Ubushakashatsi bugaragaza ko umwana wagize ababyeyi batandukanye mbere y’uko agira imyaka 20, aba afite ibyago byinshi byo kuba umunyarugomo, ku buryo byoroshye ko ateza umutekano muke kuko iyo hagize abakora ibizamura umujinya we, biba byoroshye ko ashoza imirwano.

Kugira uburwayi bwa hato na hato

Umwana uri mu rugendo rwo kuba mu buzima bushya nyuma y’uko ababyeyi be bahanye gatanya, bimutera umuhangayiko ukomeye ku buryo binamuviramo kurwaragurika.

Ibi abiterwa n’uko atangira kubura ibitotsi no kugira agahinda gakabije, ibituma izo ngaruka zirenga imitekererezeye ye bigatangira no kugaragarira ku mubiri we agatangira kurwara.

Gutakaza icyizere cyo kuzagira urushako rwiza

Ubushakashatsi bugaragaza ko umwana ufite ababyeyi batandukanye atakariza icyizere urushako, ibituma na we aba afite ibyago byinshi byo kuzatandukana n’uwo bazashakana.

Kugira intekerezo mbi zamukururira no kwiyahura

Gutakaza icyizere cyo kubaho neza no guhora atekereza ibintu bibi kuruta ibyiza, biri mu byatuma umwana ufite ababyeyi batandukanye yiyanga ndetse akaba yanakwiyahura.

N’ubwo gatanya zigaragaza mu bihugu byose, ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigaragaramo umubare munini w’ababyeyi bahana gatanya, ndetse zikanagira abana benshi bagizweho ingaruka n’icyo kibazo.

Muri Amerika, abana 60% nibo babana n’ababyeyi babo bombi, mu gihe abandi babana na bo mu buryo butandukanye bitewe na gatanya cyangwa izindi mpamvu.

Urubuga World Psychiatry, rugira inama ibihugu gushyiraho ingamba zo kwita ku rubyiruko rukomoka mu miryango yahanye gatanya, hakabaho uburyo bwo kurwumva amarangamutima yabo akitabwaho, kuko ahahise habo habagiraho ingaruka zirimo guhangayika cyane, nk’iyo bafite ibirori byo gusoza amashuri yabo cyangwa gushyingirwa, bikaba ngombwa ko ababyeyi babo bombi babizamo bakahahurira kandi batakibana.

Ubushakashatsi butandukanye bwagiye bukorwa bwagaragaje ko gatanya y’ababyeyi ishobora guhungabanya abana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .