00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukansanga Salima yahawe igihembo gikomeye muri Afurika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 March 2023 saa 06:14
Yasuwe :

Umusifuzi Mpuzamahanga Mukansanga Rhadia Salima yahawe igihembo cyiswe “Forty under 40 Africa Award” kigenerwa ababaye indashyikirwa mu bikorwa binyuranye ku Mugabane wa Afurika.

Iki gihembo yagiherewe mu Mujyi wa Sandton muri Afurika y’Epfo ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 25 Werurwe 2023.

Forty Under 40 Africa Awards ni ibihembo ngarukamwaka bitangwa mu gushimira abakiri bato bafite munsi y’imyaka 40 bafite ibikorwa bihindura ubuzima bwa benshi ku Mugabane wa Afurika.

Abahembwa ni abafite ibikorwa by’indashyikirwa mu ngeri zitandukanye uhereye mu ishoramari kugera ku bindi bikorwa bifitiye akamaro sosiyete.

Mu gutanga ibi bihembo ku nshuro ya kabiri muri uyu mwaka, Xodus Communications Limited-Ghana, ibitegura yatoranyije abantu 126 bo mu bihugu 24 byo ku Mugabane wa Afurika.

Mu bahembwe harimo na Mukansanga Salima, Umunyarwandakazi umaze kwandika amateka mu gusifura ku ruhando mpuzamahanga.

Mukansanga w’i Rusizi yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere wasifuye mu Gikombe cya Afurika cy’Abagabo [CAN] n’icy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar.

Ku wa 19 Gicurasi 2022 yatangajwe mu basifuzikazi batatu basifuye Igikombe cy’Isi hamwe n’Umufaransakazi Stéphanie Frappart n’Umuyapani Yoshimi Yamashita.

Yagaragaye nk’umusifuzi wa kane ku mikino irimo uwo u Bufaransa bwatsinzemo Australia ibitego 4-1 ku wa 22 Ugushyingo, uwo Tunisia yatsinzemo u Bufaransa igitego 1-0 ku wa 30 Ugushyingo n’uwo u Buyapani bwatsinzemo Espagne ibitego 2-1 ku wa 1 Ukuboza 2022.

Mukansanga yagiye mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kwandika amateka yo kwifashishwa mu cya Afurika [CAN] aho yasifuye umukino we wa mbere wahuje Guinée na Zimbabwe mu 2022.

“Forty under 40 Africa Award” yabaye igihembo cya kabiri Mukansanga yahawe muri Werurwe nyuma y’uko yashyikirijwe icya ‘Forbes Woman Africa’ gihabwa abagore bafite ibikorwa by’indashyikirwa muri Afurika.

Yagishyikirijwe mu Nama ya ‘Forbes Women Africa’ yabereye muri Afurika y’Epfo ku wa 8 Werurwe 2023 ubwo iri shami rya The Forbes ryizihizaga Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

Mukansanga kandi yashyizwe n’Ikinyamakuru cy’Abongereza, BBC ku rutonde rw’abari n’abategarugori 100 babaye ibyitegererezo ku Isi mu 2022. Rugaruka ku bafatwa nk’ibyitegererezo ku bandi n’abavuga rikijyana mu ngeri zirimo Politiki n’Uburezi, Umuco na Siporo, Ubuvugizi n’Ubuzima na Siyansi.

Umusifuzi Mukansanga Salima yahawe igihembo “Forty under 40 Africa Award” kigenerwa indashyikirwa mu bikorwa binyuranye ku Mugabane wa Afurika
Mukansanga Salima yashyizwe mu bagore 100 b’ibyitegererezo ku Isi mu mwaka wa 2022
Mukansanga Salima yahawe igihembo cya ‘Forbes Woman Africa’ mu 2023 nk'umugore w'Umunyafurika wakoze iby'indashyikirwa muri siporo
Mukansanga yazamuye ibendera ry'u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga kubera imikino ikomeye asifura mu marushanwa atandukanye
Mukansanga Salima yasifuye imikino ibiri y'u Bufaransa mu matsinda y'Igikombe cy'Isi cya 2022. Aha yari kumwe na Kapiteni wa "Les Bleus", Hugo Lloris
Mukansanga Salima yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere wasifuye Igikombe cy’Isi cy’Abagabo cya 2022 cyabereye muri Qatar
Mukansanga yasifuye umukino we wa mbere wahuje Guinée na Zimbabwe mu Gikombe cya Afurika cy'Abagabo, CAN, cyabereye muri Cameroun mu mwaka ushize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .