00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yashimiwe mu birori byahembewemo abaharaniye iterambere rya Afurika (Amafoto)

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 2 April 2023 saa 03:45
Yasuwe :

Abarimo Uwahoze ari Perezida wa Nigeria kugeza mu 2015, Dr Goodluck Ebele Jonathan bashimiye Perezida Kagame wakuye u Rwanda mu icuraburindi, ubu rukaba ruri kuberamo ibirori mpuzamahanganga bitandukanye umunsi ku wundi.

Goodluck Ebele Jonathan yashimiwe ku wa 1 Mata 2023 ubwo yari agiye kwakira igihembo yagenewe ku bikorwa by’indashyikirwa yagezeho ubwo yari ayoboye Nigeria.

Ni ibihembo byiswe ‘‘The African Heritage Concert and Awards’’ bitegurwa na Heritage Times, HT byari bigamije guha agaciro no gushimira Abanyafurika bo mu nzego zitandukanye, bagize uruhare mu bikorwa bizamura umugabane.

Ubwo yari amaze kwakira Igihembo cy’Umunyafurika wimakaje Demokarasi n’Amahoro, Dr Jonathan yagize ati “Mbere ya byose mureke nshimire Perezida Kagame uyoboye iki gihugu cy’imisozi igihumbi, wafatanyije n’abaturage bakagira Kigali Umurwa wa Afurika.”

Uyu mugabo yashimiwe kuba yaremeye gutanga ubutegetsi mu mahoro, akabuha abatavuga rumwe na we ubwo yatsindwaga mu matora ya 2015.

Yakomeje ati “Iki gihugu [Perezida Kagame] yagikuye kure, aho cyashegejwe n’ingaruka za Jenoside ariko kuba kigeze aha ni amasomo twese tugomba gufata.”

Ku bwa Jonathan, Nigeria yazamuye umusaruro mbumbe ku rugero rwo hejuru muri Afurika kirenga ku bihugu nka Misiri na Afurika y’Epfo.

Dr Jonathan yunganiwe na Visi Perezida wa Liberia, Dr. Jewel Howard-Taylor wahembewe kuba yaraharaniye uburinganire n’ubwuzuzanye, by’umwihariko uburenganzira bw’abagore n’abana, yavuze ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’ibihugu byimakaje amahoro bigashoboka.

Ati “Abanyafurika turashoboye. Urugero rwiza ni u Rwanda rwakiriye uyu muhango. Ni kimwe mu bihugu bya mbere bya Afurika bisukuye ndetse ni imwe mu nyenyeri zishashagirana Afurika ifite.”

“Nimunyemerere nshimire by’umwihariko Perezida Paul Kagame ku mahoro yagejeje ku baturage. Ndamushimira ku buyobozi bwe butanga icyizere akomeje kugaragaza.”

Uyu muyobozi watanze imbwirwaruhame ye hakoreshejwe iya kure yashimishijwe no kubona abayobozi ba Afurika bashimirwa ku ruhare bagize mu guhangana n’imbogamizi abaturage bahura na zo, aha umurage n’abari kubyiruka wo kuzakomereza muri uwo mujyo kugira ngo Afurika igere ku ntego zo kwigenga byuzuye.

Lt. Gen. Seretse Khama Ian Khama wahoze ari Perezida wa Botswana kugeza mu 2018, yahembwe nk’Umunyafurika wateje imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu kubatera inkunga yifashishije umuryango yashinze, SKI Khama Foundation.

Ian Khama yavuze ko igihembo yahawe kigiye gutuma yongera imbaraga ku byo yahembewe, “nk’ubu nyuma y’uko mvuye ku butegetsi umuryango w’ubugiraneza natangije wubakiye abatagira aho baba inzu 800.”

Yasabye abahawe ibihembo gukomerezaho kuko abaturage babatezeho byinshi.

Muri uyu muhango kandi Uwahoze ari Perezida wa Tanzania, nyakwigendera Dr John Pombe Joseph Magufuli yahawe igihembo ku bijyanye n’umuhate yagize mu kurwanya ruswa n’ikimenyane.

Magufuli kandi yazamuye ubukungu bwa Tanzania, igihugu kiva mu bikennye, kijya mu bifite ubukungu buringaniye.

Igihembo cye cyakiriwe na Ambasaderi wa Tanzania mu Rwanda, Maj. Gen Richard Mutayoba Makanzo.

Umunyamategeko mpuzamahanga wo muri Kenya, Prof. Patrick Loch Otieno uzwi nka Lumumba na we yahawe igihembo ku bijyanye no guharanira uburenganzira bwa muntu no guharanira ishema rya Afurika mu mahanga.

Ubwo yahabwaga igihembo yavuze ko “mu gihe tutabaye maso Afurika yacu ishobora kuzongera kugirwa ifunguro rya saa Sita kuri bamwe, ariko ndasenga nanizeye ko ibyo bitazongera kubaho ukundi.”

Yavuze ko igihembo yahawe yagituye Abanyafurika bakiri bato bari gutanga imbaraga zabo ngo umugabane utere imbere.

Ati “Tuzaharanira buri kimwe kugira ngo ubu buturo bwacu butazongera guteseka ukundi.”

“Njye nawe tugomba kuba indwanyi z’akataraboneka tukarengera Afurika, kuva ku binyejana kugera ku bindi.”

Kwizera Christelle yahembewe ibikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage binyuze mu muryango yashinze ‘Water Access Rwanda: WAR’.

Kwizera w’imyaka 25 ni enjeniyeri w’umwuga ndetse umushinga yatangije mu 2014 kuri ubu umaze kugeza amazi ku Banyarwanda bagera ku 1000.

Hahembwe kandi Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ rigizwe n’abana b’ababyinnyi bo muri Uganda; barimo Victoria Nalongo Namusisi, washinze umuryango ufasha wiswe Bright Kids Uganda akaba ari n’umunyamakuru wa mbere wa Siporo muri Uganda; Engr.

Abanyacyubahiro bahemwe n’abatanze ibiganiro bashimiye ubuyobozi burangajwe imbere na Moses Siloko Siasia wateguye ibi bihembo.

Siloko yavuze ko atari azi ko azahuriza hamwe abakomeye bangana bari “guhabwa ibihembo nateguye.”

Yakomeje avuga ko yabwiwe na se amahano yabaye mu Rwanda, bimutera ikiniga. Ati “Nabanje kurira icyumweru cyose. Twakoze ibikorwa byinshi mu myaka itatu tumaze ariko ibi birori ni inzozi zibaye impamo.”

Siloko yahisemo guhuriza ibi bikorwa mu Rwanda kubera iterambere rumaze kugeraho mu myaka 29 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.

Uwahoze ari Umugaba w’Ingabo za Nigeria ku butegetsi bwa Dr Goodluck Ebele Jonathan, Michael Oghiadomhe, na we yari yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo
Abitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo ku bantu bagize uruhare mu guteza imbere Afurika babanje kunyura kuri tapis itukura
Abitabiriye ibihembo baturukaga mu nzego zitandukanye zaba iz'umutekano, umuco, siyansi, ikoranabuhanga n'ibindi
Umunyarwandakazi Christelle Kwizera yahembewe ibikorwa byo kugeza ku Banyarwanda amazi meza
Prof Patrick Loch Otieno yashyikirije igihembo Norwu G. Howard wari uhagarariye Visi Perezida wa Liberia, Dr Jewel Horward-Taylor
Prof Patrick Loch Otieno ashyikiriza Lt. Gen Ian Khama igihembo
Prof Patrick Loch Otieno (wambaye ikoti ryera) ari kumwe n'Umuyobozi wa HT, Moses Siloko Siasia bashyikirije igihembo Dr Jonathan wayoboye Nigeria
Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ bifotoranije na Lt Gen Ian Khama na Dr Jonathan ndetse n'abayoboye ibirori barimo Makeda Mahadeo (ubanza iburyo) wo mu Rwanda na Oscar Oyinsan wo muri Nigeria
‘Triplets Ghetto Kids’ igizwe n’abana bo muri Uganda basusurukije abitabiriye ibirori byo guhemba ababaye indashyikirwa mu iterambere rya Afurika
Igihembo cya Dr Magufuli cyakiriwe na Ambasaderi wa Tanzania mu Rwanda, Maj. Gen Richard Mutayoba Makanzo, agishyikirijwe n'umwe mu bagize Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’
Hahembwe abantu b'ingeri zitandukanye bagize uruhare mu guteza imbere Afurika
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria kugeza mu 2015, Dr. Goodluck Ebele Jonathan, yashimiye Perezida Kagame wakuye u Rwanda mu icuraburindi
Umunyamategeko Mpuzamahanga wo muri Kenya, Prof. Patrick Loch Otieno, yerekanye ko abantu nibarangara Afurika izashyirwa ku isahane ikagirwa n'amafunguro ya saa Sita
Moses Siloko Siasia yagaragaje ko yahisemo ko umuhango wo guhemba abanyabigwi bagize uruhare mu iterambere rya Afurika ubera mu Rwanda kuko igihugu cyihagazeho
Lt. Gen. Seretse Khama Ian Khama wahoze ari Perezida wa Botswana yahembewe ibikorwa yagizemo uruhare byo gufasha abugarijwe n'ubukene binyuze mu muryango w'ubugiraneza wa SKI Khama Foundation yashinze
Victoria Nalongo Namusisi washinze ikigo cy'imfubyi muri Uganda na we yahawe igihembo
Umunyamategeko Prof. Patrick Loch Otieno wahembewe guharanira Afurika yihagije yicaranye n'uwahoze ari Umugaba w’Ingabo za Nigeria ku butegetsi bwa Dr Goodluck Ebele Jonathan, Michael
Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ubuzima muri Liberia, Norwu G. Howard, na we yari yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo aho yari ahagarariye Visi Perezida wa Liberia, Dr Jewel Horward-Taylor
Buri wese yari yabukereye yiteguye kwihera ijisho aho abanyabigwi bahabwa ibihembo by'ibikorwa by'indashyikirwa bagezeho
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga mu Rwanda, Prof Nshuti Manasseh (iburyo) aganira n'uwahoze ari Perezida wa Nigeria kugeza mu 2015, Dr. Goodluck Ebele Jonathan
Umuhanzikazi Naomi Mac na we yasusurukije abitabiriye ibirori mu ndirimbo zitandukanye
Alyn Sano ari mu basusurukije abitabiriye umuhango wo guhemba Abanyafurika bagize uruhare mu guteza imbere umugabane
Triplets Ghetto Kids ni abana bakiri bato ariko bafite impano itangaje
Triplets Ghetto Kids bakoraga uko bashoboye ngo abitabiriye ibirori basusuruke
Triplets Ghetto Kids basigaye bajya kubyina mu birori bitandukanye haba muri Afurika no hanze yabwo
Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ rigizwe n’abana bo muri Uganda ryagaragaje ubuhanga buhanitse mu kubyina
Itorero Ibihame by'Imana ryasusurukije abitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo binyuze mu mbyino gakondo
Byageze aho umwe mu bagize Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ rigizwe n’abana bo muri Uganda, akuramo umwenda wo hejuru ashyushya abitabiriye ibirori karahava
Buri wese yishimiye Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ ku buryo byari kugorana ko basoza badafashe ifoto
‘Triplets Ghetto Kids’ batanze ibyishimo ku bari bitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bituma buri wese yifatira amashusho y'urwibutso
Uyu yafataga amashusho y'urwibutso ubwo Itsinda ry’Ababyinnyi ‘Triplets Ghetto Kids’ rigizwe n’abana bo muri Uganda barimo babyina
Umunyamategeko Olumide Akpata Esq (wa kabiri uhereye ibumoso) yahembewe ibikorwa byo kugira uruhare mu kuvuganira abantu ndetse no gutinyura abakiri bato bakayoboka urwego rw'amategeko
Umuhango wo gutanga ibihembo byateguwe na Heritage Times witabiriwe n'ab'ingeri zitandukanye

Amofoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .