Ibi yabivuze kuri uyu wa 17 Mata 2024 ubwo yari mu kiganiro ku kwibuka ku nshuro ya 30 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyateguwe n’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, La Francophonie.
Muri ikiganiro cyafunguwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, Francophonie, Louise Mushikiwabo, abacyitabiriye baganiriye ku buryo bwo kurwanya amakuru y’ibinyoma, imvugo zibiba urwango, ingangabitekerezo y’ubuhezanguni ndetse na jenoside.
Umwanditsi Pierre Lapidi yagaragaje ko itangazamakuru ari kimwe mu bikoresho byifashishwa mu gukwirakwiza urwango rwenyegeza jenoside, atanga urugero kuri radiyo-televiziyo RTLM yakoreraga i Kigali mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi.
Mugenzi we, David Gakunzi, yagize ati “Jenoside si ikintu cyitura aho, irategurwa. Ni uburyo bwo guhindura abantu n’imitekerereze yabo. Jenoside iba iyo umuco wamaze gutsindwa.”
Jessica Mwiza wabaye Visi Perezida w’umuryango IBUKA mu Bufaransa, yagaragaje ko nyuma ya jenoside hakiragara abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo, bakoresha amagambo abiba urwango.
Yagaragaje ko imvugo zibiba urwango zikomoka ku ivanguraruhu ry’abakoloni, kandi ko mu gihe ryaba rikomeje guhabwa intebe, bizagorana gukumira impamvu izo ari zo zose zatuma jenoside yongera kuba ku Isi.
Ambasaderi Bandaman yasobanuye ko nta muntu utagerwaho na jenoside, bityo ko buri wese akwiye kwiyumvamo inshingano zo kurwanya amagambo abiba urwango.
Yagize ati “Nta muntu utagerwaho na jenoside. Nta muntu utagerwaho n’ivangura rishingiye ku mwirondoro. Tugomba kwitondera amagambo tuvuga kuko ni yo ntwaro ya mbere.”
Ibihugu, abanditsi n’abanyamakuru byasabwe ubufatanye mu guharanira ko abatuye Isi babana mu mahoro no kwigisha uburyo bwo kugenzura amakuru y’ibinyoma no kuyarwanya.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!