00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Kigali muri Car Free Day (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 17 March 2024 saa 03:20
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu bifatanyije n’abatuye Umjyi wa Kigali muri siporo ngaruka kwezi, izwi nka ’Car Free Day’.

Mu bandi bayobozi bagaragaye muri iyi siporo yabaye kuri iki Cyumweru, tariki 17 Werurwe, harimo Umunyamabanga Uhoraho muri Miniteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel.

Buri wese witabira Car Free Day akora siporo yibonamo, aho imihanda itandukanye y’i Kigali iba yafunzwe hagati ya saa Moya na saa Yine za mu gitondo ku bakoresha imodoka na moto, igaharirwa abakora siporo ku maguru no ku magare n’indi mikino irimo Tennis yo mu muhanda na Basketball ikinwa n’abakinnyi batatu.

Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016, igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali gukunda gukora siporo bityo bakagira ubuzima bwiza.

Hari hagamijwe kandi gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa izi ndwara ku buntu mu gihe runaka.

Nubwo yatangiriye mu Mujyi wa Kigali, iyi siporo imaze kuba umuco ugenda ukura, cyane ko n’izindi ntara zigenda zitabira gukora iki gikorwa.

Gukora siporo ni bumwe mu buryo bufasha abantu kwirinda indwara zitandura.

Umujyi wa Kigali uvuga ko iyi gahunda ya siporo rusange ya Car Free Day ari n’umwanya wo gukomeza kubungabunga ibidukikije n’ikirere muri rusange no kubungabunga ubuzima.

Muri aya masaha imodoka zidakoresha imihanda, imyuka zisohora yangiza ikirere iragabanuka.

Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame n'abandi bayobozi batandukanye bitabiriye Car Free Day kuri iki Cyumweru
Car Free Day yatangiye iba rimwe mu kwezi, ariko Perezida Kagame asaba ko ijya iba kabiri mu kwezi kubera uburyo ifasha abatuye Umujyi wa Kigali
Kuri Car Free Day, imihanda imwe n'imwe y'i Kigali iharirwa abakora siporo gusa
Hari abagenda n'amaguru, abandi bakifashisha amagare muri siporo rusange
Abanya-Kigali bitabira Car Free Day ku bwinshi
Abana na bo ntibatanzwe muri siporo rusange iba ku Cyumweru cya mbere n'icya gatatu buri kwezi
Ababyeyi bamwe bajyana muri siporo buri wese akora uko ashaka agamije kugira ngo umubiri we umere neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .