00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Macron agowe no guha Ukraine inkunga yayemereye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 27 March 2024 saa 05:13
Yasuwe :

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ari ku gitutu cyo guha Ukraine inkunga ya miliyari 3 z’Amayero, mu gihe igihugu cye cyagabanyije miliyari 10 ku ngengo y’imari kizakoresha.

Icyemezo cyo kugabanya ingengo y’imari ya Guverinoma y’u Bufaransa cyatewe n’uko amafaranga bwashoye mu mwaka w’ingengo y’imari ushize yarenze ayo bwinjije ho miliyari 144 z’Amayero.

Mu gihe u Bufaransa buri muri iki gihombo, muri Gashyantare 2024 Perezida Macron yagiranye na Volodymyr Zelensky amasezerano yo kumuha iyi nkunga ifite aka gaciro k’Amayero, gusa ntabwo Abafaransa babyumva kimwe.

Bamwe mu bahagarariye ishyaka Renaissance riri ku butegetsi mu Bufaransa, bavuga ko batumva ukuntu igihugu cyabo cyaha Ukraine inkunga ifite aka gaciro mu gihe buteganya kugabanya ingengo y’imari.

Nk’uko ikinyamakuru Le Monde cy’Abafaransa cyabitangaje, Umudepie Mathieu Lefevre, yavuze ko abaturage babona ko aya mafaranga ari menshi. Ati “Abaturage batubaza impamvu tuzaha Ukraine miliyari 3 z’Amayero. Ni amafaranga menshi.”

Gushyira mu bikorwa aya masezerano ni icyemezo kitazorohera Perezida Macron bitewe n’ibi bibazo by’ingengo y’imari. Umwe mu mivuno ashobora guca harimo kongerera agaciro inkunga u Bufaransa buzohereza i Kyiv.

Izi mpaka zikomeje mu gihe u Bufaransa buteganya kohereza muri Ukraine imbunda 78 za Caesar zitwarwa n’amakamyo, hagamijwe kuyongerera imbaraga zo guhangana n’ingabo z’u Burusiya zayishojeho intambara muri Gashyantare 2022.

U Bufaransa buteganya guha Ukraine imbunda 78 za Caesar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .