Ikinyamakuru The Citizen cyasobanuye ko iyi ndege yakoreye impanuka ku mupaka wa Kaben-Cheptulel, hagati y’akarere ka Elgeyo Marakwet na West Pokot.
Ibinyamakuru byo muri Kenya byemeje ko Gen Ogolla yari ayirimo hamwe n’abandi bantu bagera ku munani. Abo byemezwa ko bapfiriye muri iyi mpanuka ni batanu gusa imyirondoro yabo ntiramenyekana.
Hari ubwoba ko Gen Ogolla yaba yapfiriye muri iyi mpanuka ariko nta rwego na rumwe rwo muri Kenya ruragira icyo rutangaza kuri iyi mpanuka.
Gen Ogolla yinjiye mu ngabo za Kenya muri Mata 1984. Yagizwe Umugaba Mukuru wazo mu 2023, asimbura Gen (Rtd) Robert Kibochi wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!