00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AMAFOTO: Abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze ibinjiza mu Ngabo z’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 August 2021 saa 06:22
Yasuwe :

Abasirikare bashya mu Gisirikare cy’u Rwanda, basoje imyitozo y’ibanze bari bamazemo umwaka, ibemerera kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Iyo myitozo yari imaze umwaka iri kubera mu Kigo cy’imyitozo cya Gisirikare cya Nasho mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Umuhango wo gusoza iyo myitozo witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura. Urwo rubyiruko rw’abahungu n’abakobwa, rwagaragarije ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ubumenyi mu gukoresha intwaro n’ibindi bize.

Mu ijambo rye, Gen Kazura yabashimiye amahitamo meza bakoze yo kuba bamwe mu bagize umuryango mugari w’Ingabo z’u Rwanda wiyemeje kurinda igihugu n’abagituye.

Ati “Nta kabuza ko muzagera kuri iyo ntego mukorana ikinyabupfura binyuze mu byo mwize nk’uko mwabigaragaje uyu munsi.”

Umwe mu basoje amasomo, Pte Uwizeyimana Mwadjuma, yatangaje ko yatewe ishema no kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Imyitozo y'ibanze bari bamazemo umwaka yabahesheje kwinjira mu Gisirikare cy'u Rwanda
Basabwe kuzarangwa n'ikinyabupfura mu nshingano zabo zo kurinda u Rwanda n'abarutuye
Imyitozo njyarugamba ni imwe mu yo bahawe mu mwaka bari bamaze i Nasho
Batojwe kugendera ku migozi nka kimwe gishobora kubafasha guhangana n'umwanzi
Mu mwaka bamaze muri iyi myitozo, aba basirikare bagaragaje ubushobozi bw'imbaraga z'umubiri mu guhangana n'ibigeragezo
Mu myitozo ikomeye bakoze, harimo n'iyo kurwanira mu mazi
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura (ubanza iburyo) ari kumwe na Gen Maj Martin Nzaramba (hagati) na Lt Gen Mubarak Muganga
Bashimiwe amahitamo meza bakoze yo kwinjira mu muryango mugari w'Ingabo z'u Rwanda
Bashimiwe amahitamo meza bakoze yo kwinjira mu muryango mugari w'Ingabo z'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .