Iyo myitozo yari imaze umwaka iri kubera mu Kigo cy’imyitozo cya Gisirikare cya Nasho mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Umuhango wo gusoza iyo myitozo witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura. Urwo rubyiruko rw’abahungu n’abakobwa, rwagaragarije ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ubumenyi mu gukoresha intwaro n’ibindi bize.
Mu ijambo rye, Gen Kazura yabashimiye amahitamo meza bakoze yo kuba bamwe mu bagize umuryango mugari w’Ingabo z’u Rwanda wiyemeje kurinda igihugu n’abagituye.
Ati “Nta kabuza ko muzagera kuri iyo ntego mukorana ikinyabupfura binyuze mu byo mwize nk’uko mwabigaragaje uyu munsi.”
Umwe mu basoje amasomo, Pte Uwizeyimana Mwadjuma, yatangaje ko yatewe ishema no kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!