00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Andrzej Duda yashenguwe n’uburyo urwango rwasenye u Rwanda kugeza habaye Jenoside

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 7 February 2024 saa 05:42
Yasuwe :

Perezida wa Pologne, Perezida wa Pologne, Andrzej Duda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ashengurwa n’uburyo urwango iyo ruhawe intebe, rushobora gusenya igihugu burundu.

Duda uri mu ruzinduko mu Rwanda, ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu yunamiye inzirakarengane zishyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ruherereye ku Gisozi.

Amaze gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yanditse mu gitabo cy’abashyitsi ubutumwa bugaragaza akababaro yatewe n’ibyabaye mu Rwanda mu 1994.

Yagize ati “Mu izina ry’abaturage ba Pologne, turibuka inzirakarengane zisaga miliyoni zazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ni isomo rikomeye ku bubi bw’amacakubiri ndengakamere ashyigikiwe n’abanyamahanga, kugeza aho abantu bahinduka, umuturanyi akihinduka mugenzi we, umuryango ugasubiranamo.”

Yavuze ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari “gasopo ku bantu twese ko iyo urwango ruhawe intebe ngo rukure, rushobora gusenya burundu igihugu.”

Icyakora Perezida Duda yashimye uburyo ubutabera no kubabarirana byafashishije Abanyarwangda kongera gusana igihugu.

Perezida Duda n'umugore we basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bashengurwa n'ubugome yakoranywe
Duda n'umugore we ubwo bari bageze mu cyumba kirimo amafoto ya bamwe mu bana bishwe muri Jenoside
Perezida Duda yavuze ko ibyabaye mu Rwanda ari ubuhamya bukomeye bw'uburyo urwango rushobora gusenya igihugu burundu
Ubwo Perezida Duda yari avuye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .