Ibi byabereye mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa Ngoma mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 16 Mata 2024.
Amakuru aturuka mu Karere ka Huye avuga ko iyi nzu yaguye mu mvura nyinshi yaguye muri iryo joro, amakuru amenyekana mu gitondo kuko aribwo abantu bahanyuze bakabona bagwiriwe n’inzu.
Umubyeyi witwabye Imana yitwa Mukandekezi Francine w’imyaka 35 mu gihe umwana we w’umuhungu we yari afite imyaka ibiri gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngoma, Alphonse Mutsindashyaka, yemereye IGIHE iby’aya makuru.
Yavuze ko imirambo ya ba nyakwigendera yahise ijyanwa kwa muganga gukorerwa usuzumwa ihita ishyingurwa.
Bivugwa ko umugabo wa nyakwigendera yarokotse kuko yari yaraye mu mujyi wa Huye aho afite akazi ndetse n’umwana wabo mukuru wari waraye mu kindi cyumba.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!