Umukuru w’Igihugu yazirikanye ubunyamwuga no kwicisha bugufi byaranze Gen Ogolla mu gihe yari mu gisirikare cya Kenya.
Yagize ati “Nihanganishije Perezida William Ruto, imiryango n’inshuti z’abaguye mu mpanuka y’indege yarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen Ogolla uzibukirwa ku bunyamwuga no kwiyoroshya byamuranze mu kazi ke.”
Gen Ogolla yinjiye mu gisirikare cya Kenya mu 1984. Perezida William Ruto yamugize Umugaba Mukuru w’ingabo mu 2023, amusimbuza Gen Robert Kibochi.
Indege yapfiriyemo abandi basirikare barimo Brigadier Général Swale Saidi, Col Duncan Keittany, Lt Col David Sawe, Maj George Benson Magondu, Capt Sora Mohamed, Capt Hillary Litali, Sr Sgt John Kinyua Mureithi, Sgt Cliphonce Omondi na Sgt Rose Nyawira.
Ibiro bya Perezida wa Kenya byasobanuye ko mbere y’iyi mpanuka, Gen Ogolla n’aba basirikare bandi bari basuye ingabo zohetejwe muri ‘Operation Maliza Uhalifu n’amashuri aherutse kuvugururwa mu gace ka North Rift.
Gen Ogolla yaherukaga mu Rwanda muri Kamena 2023 ubwo yitabiraga isozwa ry’imyitozo ya gisirikare ihuriweho n’ingabo z’ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba, izwi nka Ushirikiano Imara.
Icyo gihe, Gen Ogolla yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga na Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda, baganira ku bufatanye bw’ibihugu byombi mu bya gisirikare.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!