00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chancelière Angela Merkel yahaye ikaze Perezida Kagame ku biro bye (Amafoto)

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 27 August 2021 saa 10:57
Yasuwe :

Chancelière w’u Budage, Angela Merkel, yahaye ikaze Perezida Kagame ku Biro bye ahari kubera Inama y’Ihuriro rigamije guteza imbere ishoramari muri Afurika izwi nka ’G20 Compact with Africa (CwA), yiga ku ngingo zirimo ishoramari no ku gukemura imbogamizi zatewe n’icyorezo cya Covid-19.

Iyi nama yabaye hagati ya tariki 26-27 Kanama 2021, yayobowe na Chancelière Markel, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye iyi nama Perezida Kagame, yagaragaje ko kuba Afurika yaruguruye amarembo ku bucuruzi n’ishoramari ritanga umusaruro kandi ubucuruzi ari inzira igana ku iterambere.

Yagize ati “Afurika yuguruye amarembo ku bucuruzi no ku ishoramari ritanga umusaruro kandi ubucuruzi ni inzira igana ku iterambere n’umudendezo.”

Yakomeje agira ati “Mu Rwanda, twabonye ubwiyongere bw’abacuruzi b’Abadage n’abashoramari. Turabyishimiye kandi twifuje kubona byinshi. Ikibazo kiri imbere yacu ni uguhindura ubushake bukomeye bwa politiki mu bisubizo bifatika bigaragara.”

Umukuru w’Igihugu kandi yashimiye Chancelière w’u Budage, Angela Merkel, ku bw’iri huriro rigamije guteza imbere Afurika, ashimangira ko ari rumwe mu ngero nyinshi z’uruhare rwe bwite, imiyoborere no gufata ibyemezo bikwiye bikomeje kumuranga.

Iri huriro rya G20 compact with Africa ryatangijwe n’u Budage mu mwaka wa 2017, ubwo bwayoboraga itsinda ry’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Kugeza ubu ibihugu 12 bya Afurika ni byo biri muri iri huriro ari byo Benin, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Morocco, Rwanda, Sénégal, Togo na Tunisia.

Iri huriro riyobowe n’u Budage bufatanyije na Afurika y’Epfo, nka kimwe mu bihugu bigize iry’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Chancelière w'u Budage, Angela Merkel yahaye ikaze Perezida Kagame
Abakuru b'ibihugu byombi bagendaga baganira
Moussa Faki Mahamat uyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ari kumwe na Chancelière w’u Budage, Angela Merkel
Ibendera ry'u Rwanda ryazamuwe i Berlin mu Budage
Nyuma y'iki kiganiro hafashwe ifoto y'urwibutso

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .