Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ryavuze ko Spridio Nshimiyimana ari we wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’iki kigo.
Ntabwo hatangajwe impamvu Mugabo yirukanywe kuri uyu mwanya yari amazeho umwaka n’amezi atatu.
Nshimiyimana Spridio wagizwe Umuyobozi w’agateganyo yari ashinzwe ishami ry’amashyamba mu Kigo gishinzwe Gucunga no Guteza Imbere Amashyamba.
Muri Nyakanga umwaka ushize ni bwo Jean Pierre Mugabo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RFA. Mbere yaho yayoboye Ishami rishinzwe Amashyamba mu cyahoze ari Ikigo gishinzwe Amazi n’Amashyamba (RWFA).
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!