00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni yamaganye ibitero byaguyemo umusirikare w’u Rwanda n’uw’u Burundi mu cyumweru kimwe muri Centrafrique

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 16 January 2021 saa 03:40
Yasuwe :

Akanama k’Umutekano ka Loni kamaganye ibitero byagabwe ku ngabo ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, bikagwamo Umusirikare w’u Rwanda n’uw’u Burundi mu cyumweru kimwe.

Mu itangazo ryasohowe n’aka kanama, kavuze ko kamaganye ibitero byahitanye umusirikare w’u Rwanda ku wa 13 Mutarama n’ibyaguyemo undi w’u Burundi ku wa 15 Mutarama.

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero cyagabwe n’imitwe y’inyeshyamba igizwe na anti-Balaka, UPC, 3R na MPC ishyigikiwe na François Bozizé wigeze kuyobora iki gihugu.

Ku wa 13 Mutarama, hafi y’ikiraro kiri ahitwa Bimbo ugana mu Murwa Mukuru wa Bangui, habereye igitero cyagabwe n’inyeshyamba zigamije kwinjira muri Bangui ariko Ingabo z’u Rwanda zirinda uwo mujyi zibabera ibamba ndetse zibasubiza inyuma.

Ku bw’amahirwe make, muri urwo rugamba ni ho haguye umusirikare w’u Rwanda ndetse mugenzi we arakomereka bidakabije.

Ku wa 15 Mutarama nabwo hapfuye undi musirikare w’u Burundi, we akaba yaraguye mu gace ka Grimari, aho we na bagenzi be n’abandi bakomoka muri Bangladesh bagabweho igitero gitunguranye bari mu nzira bacunze umutekano. Usibye uw’u Burundi, hari n’abasirikare ba Bangladesh bakomeretse.

U Burundi kandi bwari buherutse gutakaza abandi basirikare batatu baguye mu Karere ka Dékoa kari mu Ntara ya Kémo ku wa 25 Ukuboza umwaka ushize. Icyo gihe Ingabo z’u Rwanda zari hafi aho nizo zabatabaye.

Akanama k’Umutekano ka Loni kamagamye ibyo bitero byombi, kanaboneraho kwihanganisha imiryango yabuze ababo.

Kati “Abagize Akanama k’Umutekano ka Loni, barihanganisha imiryango w’abasirikare bishwe ndetse turihanganisha Leta y’u Rwanda, u Burundi na Minusca muri rusange. Turifuriza abakomerekeye muri ibyo bitero gukira vuba”.

Itangazo ry’aka kanama kandi ryamaganye bikomeye ibi bitero, rivuga ko ababigizemo uruhare bose bagomba kubiryozwa imbere y’ubutabera.

Riti "Abagize Akanama k’Umutekano bamaganye bivuye inyuma ibikorwa byo gutera Ingabo za Minusca bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro. Turashimangira ko kugaba ibitero ku ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bigize ibyaha by’intambara, tuributsa impande zose kurangwa no kubahiriza amategeko mpuzamahanga agamije kurengera ikiremwamuntu. Turasaba Leta na Centrafrique gukora iperereza kuri ibi bitero ndetse no kugeza ababigizemo uruhare imbere y’ubutabera”.

Aka kanama kandi kavuze ko gashyigikiye ibikorwa bya Minusca bigamije gufasha Centrafrique kugira amahoro arambye ndetse ko hakwiye gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ubwo butumwa butange umusaruro witezwe.

Gen Daniel Sidiki Traoré ukuriye Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique (ubanza ibumoso) ubwo we n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu, Lt Col Joseph B. Safari, (hagati yambaye ingofero y’ubururu) basuraga agace ka PK12, PK13 na Komine Bégoua ku wa 14 Mutarama 2020

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .