00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mbakumbuze Bruxelles, Umujyi Rudahigwa yari afitemo ubutaka (Amafoto)

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 28 August 2021 saa 06:41
Yasuwe :

Bruxelles ni Umurwa Mukuru w’u Bubiligi, ukaba umujyi muto uri ku buso bwa kilometero kare 32,6. Ufite amateka akomeye mu ruhando rwa Politiki y’Isi by’umwihariko iy’u Burayi. Ni ho hari icyicaro cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, ndetse ni naho hari Inteko Ishinga Amategeko ya EU.

Muri uyu mujyi bibarwa ko hari abakozi barenga ibihumbi 40 ba EU n’abarenga ibihumbi bine ba NATO. 27% by’abawutuye ntabwo ari Ababiligi, ni abantu baturuka mu mpande zitandukanye z’Isi.

Birashoboka ko ari wo Mujyi utuyemo abanyarwanda benshi mu Ntara ya Gatandatu y’u Rwanda cyane ko u Bubiligi aribwo bucumbikiye benshi nyuma y’urwa Gasabo.

Indimi enye nizo zivugwa muri uyu mujyi kurusha izindi, izo ni Igifaransa, Icyongereza, Igi-Flamand n’Ikidage. Ni umujyi kandi ubumbatiye amateka menshi yo hambere, nk’aho kugeza magingo aya ari wo ubazwamo iguriro rimaze imyaka myinshi ku Isi. Ryitwa “Galeries St Hubert” ryafunguwe mu bantu bari ku Isi nta n’umwe uravuka kuko hari mu 1847.

Niba uri umuntu ukunda Chocolat, i Bruxelles ni ho hantu hawe kuko zihaba ku bwinshi. Ikindi ni uko mu Bubiligi ari ahantu “Bière” ifite icyicaro kuko ku isoko ryaho hari amoko arenga 800 y’inzoga, byumvikane neza ko nuramuka ugiyeyo agakonje n’agashyushye buhoro uzakabona ukagasoma ukumva uko ubaye.

Ku munyarwanda wifuza kujyayo, ubu ibintu byaroroshye kuko RwandAir ihakorera ingendo eshatu mu cyumweru. Umuntu uvuye i Kanombe akoresha amasaha arindwi kugira ngo abe ageze ku Kibuga cy’Indege cya Zaventem.

Muri uyu mujyi harimo inyubako y’amateka akomeye ku Rwanda. Abantu bayizi nka Rwanda House, ni yo Ambasade y’u Rwanda ikoreramo ndetse aho yubatse hari ubutaka bw’Umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa.

Uyu mwami wa mbere w’u Rwanda wuriye rutemikirere yaguze ubwo butaka mu mafaranga yaturutse mu kigega cye cyitwaga “Fond Mutara”. Icyo gihe yateganyaga ko hagomba kubakwa inzu abanyeshuri b’abanyarwanda bajya kwiga mu Bubiligi bazajya babamo.

Yatanze ayo macumbi atubatswe, nyuma y’aho Ingoma ya cyami ikuriweho, ubwo butaka bwe buza kujya mu maboko ya leta, bwubakwamo “Rwanda House”, inyubako ikoreramo Ambasade y’u Rwanda. Yatashywe mu 1984.

Ibintu biteye amatsiko kuri Bruxelles ifite inyubako zimwe zubatswe mu mafaranga yaturutse muri Afurika y’Ibiyaga Bigari.

Nyinshi mu nyubako ziri muri uyu mujyi, zubatswe mu mafaranga y’umutungo kamere waturutse mu bihugu byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo. N’uyu munsi, iyo uhageze abazi amateka bakwereka inzu z’umweru zubatswe biturutse kuri uwo mutungo.

Nuramuka usuye uyu mujyi, hari ibintu byinshi uzabona cyangwa hari ibyo wabonye ubwo wawusuraga. Urugero ni “Manneken Pis”, ikibumbano cy’umwana muto w’umuhungu wambaye ubusa, uri kwihagarika.

Gifite santimetero 61 kandi gikoze muri bronze, cyakozwe na Jérôme Duquesnoy l’Ancien gishyirwa Grand-Place mu 1618, gusa ikihaboneka ubu si cyo cya nyacyo ahubwo ni icyiganano. Icyo uyu mugabo yakoze, kiri mu Nzu Ndangamateka y’u Bubiligi.

Gishushanya umuntu ufite ukwishyira ukizana muri we ariko ku rundi ruhande kikaba giteye amarangamutima ku buryo umuntu wese akibona agaseka.

Abantu bakunze kucyiba, bakacyambika imyenda itandukanye nyuma bakagisubiza aho kigomba kuba kiri. Hari ubwo cyafotowe cyambaye imyenda isa n’iy’Abapolisi bo mu Bubiligi, ubundi bacyambika imyenda ya FC Barcelone gutyo gutyo.

Ku wa 3 Nyakanga 2019, cyigeze kwambikwa ibendera ry’u Rwanda n’umushanana, ku buryo umuntu wahanyuraga wese yibazaga ku bijyanye n’u Rwanda.

Nk’uko umuntu uri i Paris aba ashaka gufatira agafoto k’urwibutso kuri Tour Eiffel, mu Bubiligi ho ni Atomium. Ni inyubako ifatwa nk’ikirango cy’uyu mujyi, yubatswe mu 1958 mu gace ka Laeken.

Buriya mu buzima bwa buri munsi, abenshi babaho nk’abantu bo mu Bubiligi nubwo batajya babimenya. Iyi firiti bamwe bakunda, amateka agaragaza ko ifite inkomoko i Bruxelles mu myaka ya 1780. Abayikunda bavuga ko iryoha kurushaho iyo ariho ka mayonnaise.

Mu 2017, byabarwaga ko nibura ku ntera ya kilometero imwe, haba hari restaurants 138.

Matonge, Quartier yari yaritiriwe iy’Abanyafurika

Matonge ni agace kazwi cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Komine ya Kalamu.

I Bruxelles naho karahari ndetse mu myaka yashize, ni ahantu hakundaga kuba abirabura benshi, hari utubari tw’abanye-Congo n’abandi banyafurika muri rusange.

Ubu ibintu byarahindutse, ntabwo hakiganje abirabura gusa ahubwo hatangiye gusatirwa n’ibikorwa bishamikiye ku bakozi cyane aba EU ku buryo bugaragara. Impamvu ni uko aka gace kari hagati mu mujyi, gahana imbibi n’ibigo bikomeye.

Abirabura batangiye kwinjira mu Bubiligi mu myaka ya za 1960 (abahageraga muri iyo myaka, babaga bagiye kwiga, niho babaga), bacumbikiwe muri ako gace, kuva icyo gihe hitirirwa agace k’abirabura ariko uyu munsi si bo bonyine bahatuye.

Mu mafoto, reka dutemberane i Bruxelles

Grand Place ni hamwe mu hantu hakurura ba mukerarugendo. Ni agace kazwi cyane kari mu izingiro ry'Umujyi wa Bruxelles
Maison Antoine ni inzu iri muri Komine ya Etterbeek. Yaramamaye cyane mu bucuruzi bw'amafiriti dore ko yashinzwe mu 1948
Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Boniface iri rwagati mu Mujyi wa Bruxelles mu gace kazwi nka Matonge. Agace biteganye kagizwe "Car Free Zone" nta modoka zigendamo, hari restaurant ikundwa n'abahanzi bakomeye
U Bubiligi bubamo ubwoko butandukanye bw'inzoga, bibarwa ko ku isoko hari uburenga 800
Waterloo ni mu Majyepfo ya Bruxelles. Aha mu mateka ni ahantu hazwi kubera intambara ikomeye yahabereye mu myaka ya 1815 yarangiye ingabo za Napoleon Bonaparte zitsinzwe
Mu Mujyi wa Bruxelles mu gace Porte de Namur hazwi nka Matonge. Abantu baba ari urujya n'uruza, abenshi bagenda ku magare
Restaurant yitwa Ultime Atome ni imwe mu zikunzwe muri uyu mujyi zakira abantu bakomeye
Mu masaha y'umugoroba, abantu benshi baba bagiye kuruhuka baganirira muri restaurant ziri impande n'impande mu mujyi
Kimwe mu biranga Bruxelles, ni monument ziba ziri impande n'impande. Ni uburyo bwo guha icyubahiro abakoze ibikorwa bikomeye no gusigasira amateka. Usanga ba mukerarugendo bahagera bagahagarara bagasoma amateka ajyanye nazo
Aha ni mu Majyaruguru ya Bruxelles muri Komine ya Jette. Hagaragara inzu za kera, ni ahantu hahoze higanje Aba-Framand kera
"Musée royal de l'Armée et de l'Histoire militaire", ni inzu ndangamateka y'u Bubiligi ibumbatiye ajyanye n'igisirikare cy'iki gihugu. Harimo imbunda zakoreshejwe mu myaka ya 1815
Imbere ya Africa Museum hari ikiyaga gitanga amafu muri ako gace ku buryo abantu bahicara bakaruhuka ari nako bazirikana ibyo baba bamaze kubona muri iyo ngoro
Mu Bubiligi hari uduce twinshi twahariwe abanyamaguru gusa...
Aha hitwa Place Eugène Flagey, hahoze hakorera Radio na Televiziyo, RTBF
Unyuze muri aya marembo, hari inzu ikoreramo ubushakashatsi bw'ibintu byose bifite inkomoko kuri Afurika. Ni mu cyanya kirimo Ingoro Ndangamateka ya Afurika, Africa Museum
Aha ni mu marembo magari mashya ya Africa Museum. Iyo winjiyemo ubona byinshi bijyanye n'u Rwanda
Aka gace kari mu marembo ya Matonge, karimo amaduka menshi y'Abanyafurika
Aha ni muri Komine ya Watermael-Boitsfort, ni hamwe mu haboneka inyubako nyinshi zo mu bihe byo hambere
Muri aka gace usangamo nk'umuntu umwe atuye mu nyubako nk'iyi
Africa Museum ifite ubusitani bwiza...Ifite ishyamba ryiza, akenshi usanga abantu mu mpera z'icyumweru bagiye gutembereramo
Uyu muhanda witwa Avenue Franklin Roosevelt, ugera ku nyubako zikoreramo Ambasade nyinshi ziherereye i Bruxelles. Ni umuhanda mwiza urambuye
Aha ni mu marembo ya Parc du Cinquantenaire ahari Ingoro ibumbatiye amateka y'igisirikare cy'u Bubiligi
Iyi nyubako aho yubatse hari ubutaka bw'Umwami Rudahigwa. Ubu niho hakorera Ambasade y'u Rwanda ndetse hitwa "Rwanda House"
Monument zifite ibisobanuro bitandukanye uzisanga hirya no hino. Iyi iri imbere ya Université Libre de Bruxelles
Iyi hotel yitwa "The Hotel" ikunda gucumbikwamo n'abantu bifite
Uyu muhanda ni umwe mu igana mu Mujyi rwagati ahakorerwa imirimo itandukanye
Iyi nyubako ni yo ikoreramo Minisitiri w'Intebe w'u Bubiligi. Muri iki gihe ni Alexander De Croo. Bitewe n'imitegekere yo muri iki gihugu, afatwa nk'Umuyobozi Mukuru wacyo ku ruhando mpuzamahanga muri Politiki
RTBF ni Radio na Televiziyo y'Igihugu. Izi modoka ziba ziri hirya no hino zifashishwa mu gusakaza amakuru
Iyi nyubako yahoze ikorerwamo na RTBF ndetse n'ubu iminara yayo iracyagaragara
Uyu muhanda ugana ku Biro bya Minisitiri w'Intebe...
Izi monument ni izo muri Africa Museum. Zerekana amateka y'Abanyafurika
Aha ni mu marembo ya Musée royal de l'armée et de l'histoire militaire
Iyi nyubako ikoreramo ibigo bikomeye birimo iby'itumanaho nka Belgacom
Muri Komine ya Ixelles hari ibiyaga bifasha uyu mujyi guhora uhehereye (Étangs d'Ixelles)
Mu bice bitandukanye hari imihanda ica munsi y'ubutaka. Uyu ni uwo mu gace ka Madou
Usohotse muri Africa Museum ni aha unyura ugana mu Mujyi rwagati
Izi ni inyubako zicumbikwamo n'abantu b'ingeri zitandukanye hafi ya Gare de Bruxelles-Nord
Iyi ni yo nyubako isumba izindi muri Bruxelles ikoreramo Belgacom
Iyi nyubako ikorerwamo ubushakashatsi ku bintu byose bifite inkomoko muri Afurika
Indi sura igaragaza inyubako yahoze ikoreramo RTBF
Hafi y'uru ruzi hari uruganda rutunganya umucanga. Rwitwa La Senne
Parc du Cinquantenaire ni ahantu abantu bashaka kuruhuka bahurira...
Iki kiraro kiri kuri Senne ahari uruganda rutunganya umucanga
Iyi nyubako izwi nka Tour & Taxis ikunze kuberamo inama mpuzamahanga zitandukanye
Abatuye mu Mujyi, baraza imodoka zabo ku muhanda
Kuri Grand Place hari ibiro bikuru bya Komine. Abashaka gushyingirwa barahaza kimwe n'abandi bafite ibirori bitandukanye. Mu masaha y'umugoroba, abashaka kuruhuka no kwidagadura niho basohokera
Izi ni inzira nto bita "Ruelle" zigaragara mu nkengero za Grand Place. Kera niho hacaga ingamiya
Iyo ugana kuri Basilique Nationale du Sacré-Cœur ni aha unyura
Polisi y'u Bubiligi ikoresha izi modoka mu gucunga umutekano
Atomium ni inyubako ifatwa nk'ikirango cya Bruxelles ku buryo usanga ba mukerarugendo bayisura kugira ngo babone urwibutso
Manneken Pis: Aha ntabwo ari ikibumbano ahubwo ni Chocolat iteye gutya
Niba utaragura ka Chocolat ko mu Bubiligi, uzarebe aho ukagura uzambwira nyuma
Jardins du Mont Des Arts naho ni ahantu abantu benshi bahurira cyane mu masaha y'umugoroba
Musées Royaux des Beaux-Arts ni imwe mu nzu ndangamateka zirimo ibikorwa byinshi by'ubugeni kandi bifite amateka akomeye
Scooter zikunze gukoreshwa cyane n'urubyiruko muri uyu mujyi
Ubuzima bwo mu Mijyi ikomeye nka Bruxelles si bwiza kuri bose, hari n'ahagaragara abantu basabiriza
Bus nini zikunda kwifashishwa mu ngendo rusange mu buryo bwo kugabanya umuvundo
Aha ni mu marembo ya Musées Royaux des Beaux-Arts
Chocolat ni kimwe mu biboneka i Bruxelles ku bwinshi
Tram nazo zifashishwa mu ngendo rusange. Ni uburyo bwabayeho mu myaka ya kera cyane
"Gaufre de Bruxelles" ni kimwe mu byo Ababiligi bazi gukora cyane. Iyo baguhaye ikawa, niyo iyiherekeza
Amagare rusange aba aparitse hirya no hino mu mujyi cyakora ushaka kurigendaho, bimusaba kwishyura
Iyi nyubako ni yo ikoreramo Komisiyo y'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi
Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi ufite abakozi barenga ibihumbi 40 bakorera i Bruxelles

Kanda hano urebe andi mafoto menshi

Amafoto: Karirima A. Ngarambe

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .