00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Uko ibicumbi mbonezamikurire y’abana bigira uruhare mu kurwanya igwingira

Yanditswe na Manzi Angelo
Kuya 2 December 2022 saa 03:12
Yasuwe :

Ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi y’abana ni kimwe mu bihangayikishije cyane inzego zinyuranye, aho hakomeje gushakwa ibisubizo byose byo kukirandura binyuze mu bufatanye bw’inzego za leta, abafatanyabikorwa n’ababyeyi muri rusange.

Ubushakashatsi bwa Gatandatu ku buzima n’imibereho by’abaturage [RDHS], bwakoze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR], bwagaragaje ko 33% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda bari bafite ikibazo cyo kugwingira.

Intara y’Uburengerazuba yari ifite abana benshi bagwingiye. Iyi ni yo mpamvu umushinga ‘Gikuriro Kuri Bose’, uterwa inkunga na USAID, wahagurutse ujya gufatanya na leta n’ababyeyi mu guhangana n’iki kibazo muri iyi ntara. Mu Karere ka Nyamasheke, hari abana 37% bagwingiye.

Gikuriro Kuri bose iri gufatanya na Guverinoma n’abaturage mu gushyiraho ibicumbi mbonezamikurire y’abana bato mu midugudu 4,592 mu turere 10 ikoreramo.

Ibicumbi mbonezamikurire y’abana bato, ni ahantu hatangirwa serivisi zijyanye no guteza imbere imirire, gukangura ubwonko bw’umwana, igikoni cy’umudugudu, gupima abana igwingira no kubakurikirana, kwiga gutegura ifunguro ryuzuye, kwiga uburyo buboneye bwo gukora imirima y’igikoni, guhugura ababyeyi ku bijyanye no kwita ku bana bato n’irerero ry’abana.

Hari kandi na gahunda zo gukorera ubuvugizi abana n’abantu bakuru bafite ubumuga ndetse hakiyongeraho amatsinda yo kuzigama no kugurizanya mu rwego rwo kongerera ubushobozi imiryango kugira ngo ibashe kubona ubushobozi bwo guhaha indyo yuzuye, ndetse no gukora imishinga ibateza imbere.

Ababyeyi mu ba mbere mu kurwanya igwingira

Mu rwego rwo guteza imbere kwigira no kugira uruhare mu kwikemurira ibibazo, abaturage bafatanya n’umushinga mu kubaka igicumbi mbonezamikurire binyuze mu miganda.

Gusa abaturage bishakamo ubushobozi bwo kuzamura inyubako y’igicumbi mbonezamikurire, hanyuma ‘Gikuriro Kuri Bose’ ikabunganira ibaha ibikoresho byo mu nganda harimo amabati, inzugi, amarangi, sima, ibirahure, amadirishya n’ibindi.

Mukabatsinda Velena, ni umubyeyi w’umwana ufite ubumuga bukomatanyije yagize ati “Twagize Imana tubona Gikuriro Kuri Bose iraje ni uko iduhindurira imyumvire twiyubakira igicumbi, cyakira n’abafite ubumuga, none ubu mbona aho nsiga umwana, nkabohoka nkabasha kujya mu kazi.”

Dusabe Patricia, umwe mu babyeyi baba mu itsinda ryo kuzigama mu mudugudu wa Rwinkuba, avuga ko mbere y’uko ajya mu itsinda, amafaranga yizigamiye menshi ari ibihumbi bibiri ariko binyuze mu matsinda ya Gikuriro kuri bose afite ibihumbi 19,500Frw kandi amaze kugera kuri byinshi harimo no kugura ingurube n’inkoko.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie, yavuze ko igwingira muri kano karere riri ku kigero cya 37.70% ariko bari gufatanya n’abafatanyabikorwa kugira ngo iki kigero kigabanuke mu buryo bwa burundu.

Yakomeje avuga ko ari yo mpamvu ’Gikuriro Kuri Bose’ iri kugira uruhare muri byo kuko urebye abana bafite igwingira usanga babiterwa n’imirire mibi kubera kutitabwaho n’ababyeyi.

Kugeza ubu abagenabikorwa ba Gikuriro Kuri Bose barenga 2.121.117 bamaze kwiyandikisha mu mushinga mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa mbere Gikuriro Kuri Bose yakoranye n’ubuyobozi mu nzego z’ibanze mu gusana "Ibicumbi mbonezamikurire y’abana bato 124; ndetse hatanzwe amahugurwa ku bakorerabushake 344 bafasha mu gutanga serivisi mu bicumbi mbonezamikurire.

Umushinga Gikuriro Kuri Bose ufatanya n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera abana (NCDA) gushyira mu bikorwa gahunda y’iki kigo yo kuzamura imirire n’imibereho y’abana ndetse no gufasha uturere gushyira mu bikorwa gahunda zo kurandura burundu imirire mibi (DPEM).

Iyi gahunda iterwa inkunga n’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere, USAID ukaba ushyirwa mu bikorwa n’imiryango iyobowe n’umuryango CRS ariyo Humanity and Inclusion, UMUHUZA, UGHE, Three Stones.

Hakiyongeraho imiryango ishyira mu bikorwa uyu mushinga mu turere ikoreramo nka Kayonza, Ngoma, Nyabihu, Nyanza, Kicukiro, Nyarugenge, Rwamagana, Burera, Rulindo na Nyamasheke ariyo AEE, Caritas Rwanda, DUHAMIC ADRI na YWCA.

Buri muturage ahabwa inkoko yo gutera amagi umwana azajya arya
Byari ibyishimo ku babyeyi barerera mu bicumbi mbonezamikurire y'abana bato
Iki ni kimwe mu gicumbi mbonezamikurire y'abana bato
Ibicumbi mbonezamikurire y'abana bato ni ahantu hatangirwa serivisi zitandukanye zo guteza imbere imirire y'abana
Akarere ka Nyamasheke gafite abana 37% bagwingiye nk'uko NISR yabigaragaje
Meya Mukamasabo avuga ko gahunda ya Gikuriro Kuri Bose izabafasha guhangana n'igwingira ry'abana
Aba bana bagaburirwa indyo yuzuye
Abana babanza gupimwa ko uburebure bwabo buhuye n'ibilo bafite
Abana bafite abarezi bahuguwe n'umushinga Gikuriro Kuri Bose mu kwita ku buzima bw'umwana
Ababyeyi bagera kuri 26 nibo barerera mu gicumbi mbonezamikurire y'abana bato mu mudugudu wa Rwinkuba
Ababyeyi bashimira uko leta n'abafatanyabikorwa bayo babafasha mu kurwanya igwingira
Abaturage bahinga imboga n'imbuto zigaburirwa abana
Umwe mu bana bafite ubumuga bukomatanye ari guhabwa igikoma
Abaturage bigishwa uko bafata neza uturima tw'igikoni
Umukozi ushinzwe Gikuriro Kuri Bose abona iyi gahunda ikomeje gutanga umusaruro
Umujyanama w'ubuzima akurikirana ubuzima bw'umwana buri cyumweru mu kureba ko atagwingiye
Mukabatsinda yemeza ko igicumbi mbonezamikurire cyabafashije cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .