00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yashyikirijwe ubutaka yarazwe n’umukecuru w’intwaza, bugiye gushyirwaho ibikorwa remezo

Yanditswe na Sitio Ndoli
Kuya 24 November 2020 saa 05:46
Yasuwe :

Perezida Kagame yashyikirijwe umurage w’ubutaka yahawe n’Umubyeyi w’Intwaza w’i Nyamasheke, Nyirangoragoza Marianne uheruka kwitaba Imana, biteganyijwe ko buzubakwaho ibikorwa remezo bifitiye abaturage akamaro.

Nyirangoragoza wari utuye mu Mudugudu wa Kabuga mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke mbere y’uko yitaba Imana yasize avuze ko ubutaka bwe buzahabwa Kagame.

Uyu mukecuru yavutse mu 1947, yaboneye izuba mu Kagari ka Nyarusange, mu Murenge wa Bushekeri, Akarere ka Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba.

Mbere yo kubura umuryango we wose wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yabyaye abana 10.

Muri Jenoside aho yari atuye Interahamwe zamwiciye abana umunani, umugabo we ahungira ku muryango we n’abana babiri, agezeyo abo bana babiri bari basigaye bishwe n’abana ba mukuru we, asigara ari incike, kuva icyo gihe ntiyumvikanye n’abo mu muryango we.

Yahungiye muri RDC, Ingabo zari iza FPR Inkotanyi zimukura mu buhungiro ziramuhumuriza mu gihe umuryango we wamwamaganaga.

Mbere y’uko atabaruka mu buhamya yatanze bw’uburyo Perezida Kagame yamufashije, yavugaga ko yamwubakiye akamuha agaciro benewabo batamuhaye, akagerekaho kumuha amafaranga y’ingoboka yamutunze igihe cyose yabayeho nyuma ya Jenoside, akamurinda gusaba abatari kumwumva.

Yavuze kandi ko Perezida Kagame “azi ubwenge” kuko yabonye amaze gusaza, akamujyana aho abandi bari ngo atazicwa n’irungu, amwubakira inzu iruta iyo yari yaramwubakiye mbere.

Icyo gihe yagize ati “Ni we wanshajishije uko abana banjye bari kunshajisha, ni we ngomba kuraga ibyanjye.”

Yabajijwe impamvu atabiha Leta asubiza ko azabiha Kagame Paul wamuhaye aho avugira akamuha icyo kwambara, akanamutunga.

Ubutaka Nyirangoragoza yaraze Perezida Kagame burimo ubufite ubuso bwa metero kare 168, ubwa metero kare 776 n’ubundi bufite ubuso bwa metero kare 1259 burimo n’inzu yabagamo ariko zishaje. Buri mu mirima iherereye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Nyarusange, Umurenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Uyu mukecuru yafashe iki cyemezo nk’uburyo bwo gushimira Perezida Kagame wamufashije nyuma ya Jenoside, akamwubakira akanamuha amafaranga y’ingoboka mu gihe abo mu muryango we bari bamutaye.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, wari uhagarariye Perezida Kagame yashyikirijwe impapuro ziriho umukono wa noteri uyu mukecuru yasize asinye mbere yo gutabaruka.

Minisitiri Uwizeye yavuze ko ubu butaka bugizwe n’ibibanza bine buzubakwamo igikorwa remezo kizafasha abaturage bo muri ako gace.

Yagize ati “Nishimiye kubana namwe kugira ngo twakire irage ry’Intwaza Nyirangoragoza Marriane yageneye Perezida wa Repubulika, yahisemo Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kubera ibyishimo yari afite arebye ibyamukorewe, yabashije kugagaraza ibyishimo kubera ibyo Leta yamukoreye. Mu izina rya Perezida Kagame nejejwe no kubatangariza ko irage aryemeye kandi aryishimiye kandi akaba anashimiye umukecuru.”

Yavuze ko Perezida Kagame yabihisemo ngo bizahore byibutsa umutima mwiza Nyirangoragoza Marriane yari afite.

Akomeza agira ati “Yahisemo gukoresha buriya butaka abushyiraho igikorwa cy’amajyambere cyangwa se cy’iterambere kizagirira akamaro abaturage bose bo muri uyu murenge. Icyo gikorwa kizatangwaza nyuma yo gukora isesengura.”

Abaturage bazi Nyirangoragoza Marriane bavuga ko yari umukecuru mwiza wabanaga neza n’abantu.

Nyirahabimana Charlotte yagize ati “Ni umukecuru wagerageje gutwaza kuko nyuma ya Jenoside yarahungutse agaruka ari wenyine, turi abana tukibyiruka twajyaga tujya kumuvomera maze akatubwira ngo aduhe ibijumba. Yadufataga nk’abana yabyaye, yari umuboshyi, agaha abantu bose bakeneye umusambi kandi nta kiguzi.”

Kazubwenge Léopold avuga ati “Ni njye wari umushinzwe, yampaye impano, buriya Perezida wa Repubulika abaye murumuna wanjye kuko turaturanye ku butaka yahawe na Nyirangoragoza. Ni amateka meza yanditse.”

Nyirangoragoza Marianne witabye Imana muri Gicurasi 2020, yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu masaziro ye yatujwe mu Rugo rw’Impinganzima mu Karere ka Rusizi.

Minisitiri Uwizeye Judith asinya ko yakiriye umurage Nyirangoragoza yahaye Perezida Kagame
Umuyobozi w’Umuryango ubumbiye hamwe Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA Agahozo), Mukabayire Valérie (iburyo), ashyikiriza Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, impapuro ziriho umukono wa noteri nyakwigendera yasize asinye
Minisitiri Uwizeye Judith ubwo yagezaga ubutumwa bw’Umukuru w'Igihugu ku bari bitabiriye uyu muhango
Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Munyantwali Alphonse, yashimiye nyakwigendera Nyirangoragoza Marianne ku gikorwa cyiza yakoze
Abayobozi batandukanye bari bitabiriye iki gikorwa
Bumwe mu butaka Nyirangoragoza Marianne yasize araze Perezida Kagame bugiye gushyirwaho ibikorwa remezo bifitiye akamaro abaturage bo muri aka gace
Ubu butaka buri mu mirima iherereye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Nyarusange mu Murenge wa Bushekeri i Nyamasheke
Ubutaka Perezida Kagame yashyikirijwe nk'umurage yahawe n’umukecuru w’intwaza, buzashyirwaho ibikorwa remezo bitandukanye nyuma yo gukora isesengura ry'aho buri n'ababuturiye
Mu butaka Perezida Kagame yahawe harimo n'ahari inzu Nyirangoragoza Marianne yabagamo mbere yo gutuzwa mu Mpinganzima ya Rusizi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .