00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rugiye kunguka Ikigo cy’Ubushakashatsi mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 23 January 2021 saa 12:44
Yasuwe :

Ikigo gikora ubushakashatsi, kikanatanga amasomo mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga, IRCAD (Research Institute against Digestive Cancer) kiri kubaka Icyicaro cyacyo mu Rwanda, IRCAD Africa Center, kizaba ari cyo cyicaro cya mbere icyo kigo cyubatse ku Mugabane wa Afurika.

IRCAD ni Ikigo cy’Abafaransa kizobereye mu gukora ubushakashatsi mu byo kubaga umuntu bitabaye ngombwa ko bafungura igice kinini cy’umubiri (minimally invasive surgery), ahubwo hakifashishwa ikoranabuhanga ririmo robot na camera mu kubaga umuntu ku buryo bimuha amahirwe yo kugira uburibwe bucye bw’umubiri ndetse no gukira vuba.

Usibye gukora ubushakashatsi mu kubaga hifashishijwe iri koranabuhanga, IRCAD inatanga amahugurwa y’uburyo iri koranabuhanga rikoreshwa, aho yashyizeho Kaminuza yo kuri murandasi itanga ayo masomo, izwi nka WeBSurg, kuri ubu ikoreshwa n’abarenga ibihumbi 360 ku Isi yose, ndetse ikaba itanga amasomo yayo ku buntu.

Mu 2018, Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’iki kigo yo gufungura icyicaro cyacyo mu Rwanda, ndetse mu mwaka wakurikiyeho imirimo yo kubaka Icyicaro Gikuru cy’icyo kigo kizaba kiri i Masaka mu Mujyi wa Kigali, yaratangiye ndetse kizatahwa uyu mwaka.

Nikimara gutangira imirimo mu buryo bwuzuye, Ikigo cya IRCAD Africa Center cyitezweho kuzaziba icyuho kigaragara ku Mugabane wa Afurika mu buvuzi bwo kubaga umuntu ariko hakoreshejwe ikoranabuhanga rituma kumubaga byoroha, bikihuta kandi bikagabanya ibyago byo kugira ibindi bibazo by’ubuzima biterwa no kubagwa, birimo gutakaza amaraso menshi n’ibindi.

Ubuvuzi bumeze gutya ntiburakwira henshi muri Afurika, na cyane ko busaba ubuhanga bugezweho yaba mu buvuzi ndetse no mu ikoranabuhanga kuko bikorana mu rwego gutanga umusaruro. IRCAD Africa yitezweho gufasha mu guhangana n’iki kibazo binyuze mu bushakashatsi ndetse n’amahugurwa ari ku rwego rwo hejuru mu byo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga, azahabwa Abanyafurika baturutse mu bihugu 54 byo kuri uyu Mugabane.

Iki kigo kandi cyatangiye gukorana n’abanyarwanda mu bushakashatsi mu by’ubuvuzi nk’ubu, ndetse kiri gukorana n’abandi bahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga na mudasobwa, ndetse n’ibindi bijyanye nabyo, abenshi bagaturuka muri Kaminuza y’u Rwanda, Carnegie Mellon University Africa (CMU-Africa) ndetse na African Institute for Mathematical Sciences (AIMS).

Igishushanyo mbonera cy'iki kigo ni uku kimeze

Visi Perezida wa IRCAD Africa, Dr. Guillaume Marescaux, aherutse kubwira The New Times ko icyemezo cyo gufungura ishami ryabo mu Rwanda cyaborohereye mu kugifata bitewe n’uburyo igihugu cyashyizeho gahunda zituma bashobora kugera ku ntego zabo, ndetse ko intego bafite zijyanye na gahunda y’igihugu mu buvuzi bugezweho.

Yaragize ati “Afrika yerekanye ko ishobora kuba isoko y’abahanga mu bya siyansi. Kugeza ubu, twashimishijwe n’abahanga twakoranye na bo mu Rwanda ndetse no ku Mugabane wa Afurika. Ni ibintu bishimishije kuko turi kubaka ikipe ya mbere ngari y’abahanga mu by’ubumenyi bw’ubukorano (AI) muri Afurika”.

Magingo aya, IRCAD Africa iri gushakisha no gukorana n’abandi bahanga mu ikorabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano, kugira ngo bahange udushya mu by’ikoranabuhanga dushobora kwifashishwa mu kubaga abantu hifashishijwe ikoranabuhanga.

IRCAD Africa Center izaba iri mu Rwanda ni ishami rya IRCAD France, ari na cyo gihugu yatangiriyemo mu mwaka 1994, itangijwe n’umuhanga mu byo kuvura kanseri, Prof. Jacques Marescaux.

Iki kigo gifite inzobere mu byo kubaga zigera kuri 800, zitoza abaganga n’abandi bahanga mu byo kubaga bagera ku 6200 buri mwaka, kigatanga amasomo 80, arimo 20 yo ku rwego rwo hejuru.

Uretse u Rwanda, IRCAD ifite ibyicaro mu bihugu bya Brazil, Taiwan, Lebanon ndetse n’ikindi kizashyirwa mu Bushinwa.

Uburyo IRCAD Africa izaba iteye, video

Iki kigo kizaba cyubatse i Masaka
Iki kigo kizatahwa muri uyu mwaka wa 2021
Inyubako z'iki kigo ziri ku rwego mpuzamahanga
Iyi nyubako izaba yubakishijwe ibikoresho byakuwe mu Rwanda
Imitako izashyirwa mu nyubako imbere ifitanye isano n'umuco nyarwanda
Iyi nyubako izaba ifite aho gufatira amafunguro hameze neza
Icyumba kiberamo inama ni uko kizaba cyubatse, gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 260
Laboratwari y'iki kigo izaba iri ku rwego mpuzamahanga
Iyi Laboratwari izaba ifite ibikoresho bigezweho
Igishushanyo mbonera cya IRCAD Africa kizaba kiri mu Rwanda
Imirimo y'iyubakwa ry'iki Kigo irarimbanyije
Iki Kigo kizaba gifite ahakorerwa ubushakashatsi mu kuvura kanseri
Nikamara kubakwa, iki kigo kizatanga amasomo ku buvuzi bwa kanseri ari ku rwego mpuzamahanga
Imirimo yo kubaka iki kigo igeze ahashimishije
Kizaba ari Ikigo gihuza intyoza mu buvuzi bwa kanseri ku rwego rwa Afurika
Imirimo yo kubaka ibikorwaremezo iri mu yemerewe gukomeza muri ibi bihe bya Guma mu Rugo
Inyubako z'iki Kigo zizarangira kubakwa muri uyu mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .