00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bella Flowers yagaragaje inyungu yiteze mu kwitabira imurikagurisha ry’indabo mu Buholandi

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 12 November 2022 saa 06:36
Yasuwe :

Abahagarariye u Rwanda mu imurikagurisha ry’indabo ryasojwe, ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Buholandi bagaragaje ko bizeye kubona isoko ryagutse ry’indabo z’u Rwanda ku ruhando Mpuzamahanga.

Muri iri murikagurisha u Rwanda rwari ruhagarariwe na Bella Flowers, Oxfam-Rwanda, Duhamic-Adri ndetse n’abahinzi b’indabo babiri baturutse mu Karere ka Rulindo.

Umukozi ushinzwe ubucuruzi mu kigo Bella Flowers, Manzi Patrick, yavuze ko intego Leta yari ifite igenda igendwaho mu kugeza indabo z’u Rwanda muri ibi bihugu birimo n’u Buholondi kuko hari isoko rikomeye.

Kugeza ubu u Rwanda rwohereza indabo mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi birimo, u Buholandi, u Bwongereza, Koreya y’Epfo, ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika.

Ati “Icyo tugerageza gukora ni ukumenyekanisha u Rwanda nk’igihugu gihinga indabo nziza kandi turazifite ku bwinshi.”

Yasobanuye ko kwitabira imurikagurisha mpuzamahanga ry’indabo mu Buholandi byaturutse ku kuba iki gihugu ari cyo cyiryakira kandi kikaba kigura indabo nyinshi ziturutse mu Rwanda.

Ati “ U Buholandi buza ku isonga mu kutugurira indabo z’ubwoko bwose kandi tukaba dushaka no kuzigeza ahantu hose mu Burayi.

Ikindi cy’ akarusho ni uko kuri iyi nshuro na bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Rulindo baterwa inkunga na Oxfam baje muri iri murika mpuzamahanga bagahura n’abagenzi babo, ibyababereye nk’urugendo shuri.

Ni ku nshuro ya Gatandatu Bella Flowers yari yitabiriye iri murikagurisha.

Umunyeshuri w’Umunyarwanda, Akingeneye Liliane wiga ibjyanye no guteza imbere ubuhinzi bujyanye n’imbuto ,imboga n’indabo ( Horticultures ) muri Kaminuza ya Van Hall Laresetein of applied Sciences, yavuze ko yishimira kuba yabonye u Rwanda rumurika indabo ku rwego mpuzamahanga cyane ko yiga ibijyanye no guteza imbere ibikomoka ku buhinzi bw’imbuto n’indabo.

Ati “ Ndishimye kuko ubuhinzi bw’indabo iwacu mu Rwanda bumaze gukomera cyane ko ari byo ndi kwiga, nifuza kubuteza imbere tugakomeza kugaragara mu masoko ku rwego rw’Isi, tumurika indabo nziza kandi nyinshi.”

Ishimwe Diane wiga ibijyanye no kuba umuturage yabasha kwihaza mu biribwa kandi bifite intungamubiri akenera buri munsi, muri Kaminuza ya Van Hall Laresetein of applied Sciences mu Buholandi nawe yavuze ko Abanyarwanda bakwitiye guterwa ishema no kuba igihugu cyabo cyibasha kugaragara mu bihugu nk’u Buholandi n’ibindi bikomeye mu bucuruzi bw’indabo.

Ubwo yitabiraga igikorwa cyo gutangiza iri murikagurisha, Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko kuba igihugu kibasha guhagararirwa ari ishema.

Ati “Ni umurika rikomeye rituma u Rwanda rugaragaza indabo duhinga tukohereza mu mahanga. Ni ngombwa ko u Rwanda rwitabira iri murika rikomeye ku Isi aho abahinzi n’abacuruzi baza kumurika indabo zabo.”

Iri murikagurisha ryasojwe ryari ribaye ku nshuro ya 12 rihuza abahinzi n’abacuruzi b’indabo baturutse mu bihugu birenga 25, ndetse n’abaguzi baturutse mu bihungu birenga 115.

Bella Flowers uyu mwaka yamuritse indabo zirimo amoko 18 y’amaroza iki kigo gihinga ndetse kikanacuruza.

Manzi Patrick, ushinzwe ubucuruzi muri Bella Flowers mu kiganiro na IGIHE, yashimiye Ikigo cya NEB kibaba hafi muri ibi bikorwa by’ubuhinzi bw’indabo, Ambasade y’u Rwanda ibafasha muri byinshi ngo iri murika mpuzamahanga, itsinda ry’abaturutse mu Rwanda rihacane umucyo, abahinzi b’indabo ba Rwamagana bakora byinshi ngo indabo zikomeze zigaragare mu ruhando rw’amahanga kandi zinjize akayabo k’amadovize.

Itsinda ryari rihagarariye u Rwanda rigizwe na Ugeziwe Janvier, ushinzwe gahunda muri Duhamic Adri, Godfrey Gakwandi waturutse muri Oxam, Mukampazimaka Marguerite na Gasana Augustin bakorera ubuhinzi bw’indabo mu Karere ka Rulindo
Umunyamabanga wa Mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, Jean Hugues Mukama aganira na Gasana, umuhinzi w’indabo wavuye i Rulindo
Indabo z'u Rwanda zakunzwe na benshi
Gasana Augustin asura indabo z’ibindi bihugu mu rwego rwo kwiyungura ubumenyi
Gakwandi wa Oxfam Rwanda asobanurira abafatanyabikorwa muri murika mpuzamahanga uko indabo z’u Rwanda ziteye
Manzi Patrick wa Bella Flowers aganira n’abafatanyabikorwa
Umunyamabanga wa Mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, Jean Hugues Mukama aganira nabasura aho u Rwanda rumurikira indabo
Umukozi ushinzwe ubucuruzi muri Bella Flowers, Manzi Patrick, yavuze ko intego Leta yari ifite mu kugeza indabo z’u Rwanda muri ibi bihugu birimo n’u Buholandi igenda igerwaho
Umunyeshuri w’Umunyarwanda, Akingeneye Liliane wiga ibjyanye no guteza imbere ubuhinzi bujyanye n'imbuto ,imboga n'indabo ( Horticurtures ) muri Kaminuza ya Van Hall Laresetein of applied Sciences, yavuze ko yishimira kuba yabonye u Rwanda rumurika indabo ku rwego mpuzamahanga
Ishimwe Diane muri Kaminuza ya Van Hall Laresetein of applied Sciences mu Buholandi nawe yavuze ko Abanyarwanda bakwiriye guterwa ishema no kuba igihugu cyabo kibasha kugaragara mu bihugu nk’u Buholandi n’ibindi bikomeye mu bucuruzi bw’indabo
Ishimwe Diane na Akingeneye Liliane bari bafite ibyishimo byo gusura ibikorwa by’u Rwanda mu gihugu bigamo cy’u Buholandi
Ishimwe Diane na Akingeneye Liliane bari bazanye inshuti zabo zo mu bindi bihugu bya Afurika kubereka aho u Rwanda nk’igihugu cyabo kiri mu imurika mpuzamahanga ry’indabo
Ishimwe Diane na Akingeneye Liliane n’umwarimu wabo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .