00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni yagaragaje ko bizagera mu 2050 nta musozi wo muri Afurika ugifite urubura ku gasongero

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 November 2022 saa 12:06
Yasuwe :

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yagaragaje ko kubera imihindagurikire y’ibihe bizajya kugera mu 2050 urubura ruri ku misozi yo hirya no hino ku Isi irimo n’uwa Kilimanjaro rwarashizeho.

Ibi niko bizagenda no ku musozi wa Kenya, uwa Rwenzori n’uwa Kilimandjaro, yafatwaga nk’aho ariyo rukumbi muri Afurika ifite urubura ku gasongero mu buryo buhoraho.

Iyi raporo yagiye hanze mu ntangiriro z’iki cyumweru igaragaza ko mu myaka 30 iri imbere urubura ruri ku misozi iri mu murage w’Isi ruzashiraho kubera kwiyongera k’ubushyuhe.

Ibi bizagera ku rubura ruri ku musozi wa mbere muremure muri Afurika, Kilimandjaro, ururi ku misozi ya Alps ndetse n’uwa Yosemite uherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umuryango w’Abibumbye avuga ko nubwo Isi ikomeje gushyiraho ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe ntacyo bizatanga ngo uru rubura ntiruve kuri iyi misozi.

Iyi raporo yakozwe hasesengurwa amakuru atangwa n’ibyogajuru bitandukanye biri mu isanzure.

Umusozi wa Kilimanjaro ni umwe muri mike yo muri Afurika isigaranye urubura ku gasongero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .