Ibirori byo gufungura iyi nama ibera i Dubai byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Yatangiye ku wa 30 Ugushyingo, bikaba biteganyijwe ko izasozwa ku wa 12 Ukuboza 2023.
Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko Perezida Kagame yifatanyije n’abarimo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nayhan, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonío Guterres n’abandi bayobozi muri ibyo birori.
Abayitabiriye inama ya COP28, baturutse mu bihugu bigera kuri 200 barimo abayobozi mu bigo by’ubucuruzi n’imari, abahagarariye imiryango ya sosiyete sivile, bahuriye ku ntego yo gushaka uko mu bihe bizaza hazaba hakoreshwa ingufu zitangiza ikirere n’akamaro k’ubufatanye muri urwo rwego.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yavuze ko mu bigomba gushakirwa ibisubizo harimo ikibazo cy’ubushyuhe bukabije gikomeje gutwara amafaranga menshi bukagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro no gutuma ubuzima burushaho guhenda ku isi.
Yavuze ko ingufu zisubira ari impano nziza ku batuye uyu mubumbe haba ku buzima bwabo no ku bukungu.
Muri bimwe mu byaranze ibikorwa by’inama ya COP28 ku munsi wa mbere harimo gutangiza ku mugaragaro ikigega kizajya kigoboka ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bishegeshwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe kurusha ibindi.
Ni igikorwa cyayobowe na Perezida wa COP28 akaba na Minisitiri w’Inganda n’Ikoranabuhanga muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Dr. Sultan Al Jaber.
Iki kigega cyemerejwe mu nama nk’iyi ya COP27 yabereye Sharm El Sheikh mu Misiri umwaka ushize. Dr. Sultan Al Jaber yavuze ko iki kigega kizafasha miliyari z’abatuntu bagerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe kurusha abandi.
Yagize ati “Ibyasezeranyirijwe i Sharm El Sheikh, bishyiriwe mu bikorwa i Dubai. Umuvuduko ibihugu byagendeyeho kugira ngo iki kigega kibe gitangiye gukora nyuma y’umwaka umwe cyemerejwe mu Misiri, ntusanzwe.”
“Ndashaka gushima itsinda twakoranye ku kazi gakomeye bakoze kugira ngo ibi bibe bigezweho. Bigaragaza ko isi ishobora guhuza imbaraga ikagira ibyo ikora.”
This morning in Dubai, President Kagame joins COP28 host UAE President HH Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nayhan @MohamedBinZayed, UN Secretary General Antonío Guterres @antonioguterres and other world leaders for the opening ceremony of the UN Climate Change Conference #COP28 pic.twitter.com/JIYEuff1xY
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) December 1, 2023
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!