PetaPixel ivuga ko iyi foto yafashwe na gafotozi w’Umunyamerika witwa Michelle Kranz akoresheje Camera yo mu bwoko bwa Nikon D850 aho avuga ko yayifotoye ifashe akanya ko kuruhuka nyuma yo gukina na ngenzi yayo.
Ati “Iyi ngagi y’agatangaza yari yicaye hasi iruhuka nyuma yo gukina n’indi ngenzi yayo y’ingabo. Nyuma y’igihe gito, ni bwo nahise mfata iyo foto.”
Ibi bihembo byatangiye gutangwa uhereye mu mwaka ushize, kikaba ari igikorwa cy’Umuryango wita ku Rusobe rw’Ibinyabuzima uzwi nka “African Wildlife Foundation”.
Abandi babashije gutsindira ibihembo, barimo Antony Ochieng Onyango wafotoye inzovu ubwo yari mu cyanya cyayo yashyize umutonzi wayo ku mutwe w’umugore witwa Mary Langees, ifoto yafashe akoresheje camera yo mu bwoko bwa Canon.
Onyango avuga kuri iyi foto, yagize ati “Mary Langees ni umwe mu biyeguriye kwita ku nzovu zagizwe imfubyi n’izindi zahuye n’ibibazo mu cyanya cya Reteti, rero inzovu zerekanira amarangamutima yazo ku gukorakora umuntu zikunze, zikoresheje umutonzi.”
Hanafashwe izindi foto zaje mu zahize izindi, zirimo iy’agasumbashyamba yafashwe na Jose Fragozo. Iyi yatotoranijwe nk’itabariza inyamaswa zigenda zizimira bitewe n’ibikorwaremezo bijyana n’iterambere rya muntu.
Harimo n’andi mafoto atandukanye nk’agaragaza ibinyabuzima biba bishobora guhohoterwa mu buryo bworoshye nk’imisambi n’ubundi bwoko bw’inyoni, ay’inyamaswa zikiri nto zigikeneye gukura; aho buri foto irenze kuba ifoto gusa ahubwo, buri yose iba ifite ubutumwa itanga bugamije kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!