00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibuye rinini rigiye guca hafi y’umubumbe w’Isi

Yanditswe na Mutangana Gaspard
Kuya 21 March 2021 saa 10:05
Yasuwe :

Ikigo cy’Abanyamerika gikora ubushakashatsi mu bijyanye n’Isanzure, NASA, cyatangaje ko hari ibuye rinini riranyura hafi y’Isi kuri iki Cyumweru.

Al Jazeera yanditse ko iri buye risanzwe rizenguruka izuba inshuro imwe nyuma y’iminsi 810, rizanyura hafi y’Isi riri ku muvuduko wa kilometero ibihumbi 124 ku isaha.

Ni ibuye rifite umurambararo wa metero zibarirwa mu magana, rikaba rizaca mu ntera ingana na kilometero miliyoni ebyiri uvuye ku Isi.

Inzobere mu bijyanye n’ayo mabuye mu Kigo Kita ku byo mu Isanzure cy’i Burayi, ESA, Detlef Koschny yavuze ko iri buye rizabonwa gusa n’abafite ibikoresho byagenewe kureba mu isanzure.

Umuyobozi Mukuru w’Agashami ka NASA Gashinzwe Gusesengura ibyo mu Isanzure, CNEOS, Paul Chodas, yavuze ko bamaze imyaka 20 bakurikirana uburyo rizenguruka izuba.

Koschny avuga ko abahanga mu bijyanye n’isanzure bakwiye kwifashisha ibyogajuru bakamenya neza by’iri buye.

Ati “Nta bintu byinshi tuzi kuri iri buye. Kwifashisha ibyogajuru bizafsha abashakashatsi kuri bene aya mabuye.”

NASA yatangaje ko iri buye rizanyura hafi y’Isi ntirigire icyo ryangiza. Ngo iri buye rizikomereza urugendo rwaryo, kandi ntirizongera gusatira Isi mbere y’umwaka wa 2052.

Ikibuye kinini kigiye kunyura hafi y'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .