Iki kigendajuru cyaguye ku butaka bwo mu Burengerazuba bw’ubutayu muri leta ya Utah.
Nyuma y’imyaka ibiri gitangiye urugendo rwacyo rukigarura ku Isi, cyasesekaye ku Isi kuri iki Cyumweru ku ya 24 Nzeri 2023 saa 16:52 ku masaha yo mu Rwanda, mbere ho iminota itatu ku gihe cyari cyarateganyijwe. Cyari gifite umuvuduko wa kilometero 12 ku isegonda (27,000mph).
Nasa yatangaje ko utu tuvungunyukira tungana na garama 250 (9oz) duhagije mu bushakashatsi ishaka gukora.
Ngo utu tuvungunyukira tuzifashishwa mu kumenya byimbitse ibyerekeye ibuye rinini rya ‘Bennu’ ngo kuko hari ibyago byinshi by’uko rishobora kuzagonga Isi byibuze mu myaka 300 iri imbere.
Abashakashatsi bakeka ko ibimenyetso bishobora gutanga amakuru y’uburyo ku Isi haje kuba ubuzima n’inkomoko y’imibumbe irimo Izuba, kuva mu myaka miliyari 4,5 ishize.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!