00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Buyapani havutse ikirwa gishya

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 10 November 2023 saa 01:00
Yasuwe :

Hafi n’ikirwa cya Iwo Jima mu Njanya ya Pacific mu Buyapani, havutse ikindi gishya nyuma y’iruka ry’ikirunga cyari munsi y’amazi ryabaye k uwa 1 Ugushyingo 2023.

Amakuru y’iki kirwa yamenyekanye binyuze mu mafoto yafashwe n’Ingabo z’u Buyapani zirwanira mu Mazi, JMSDF. Ni amafoto agaragaza ibimeze nk’ibiturikira hagati mu mazi.

CNN dukesha iyi nkuru yavuze ko aya makuru avuga ko iruka ry’ikirunga ariryo ryabaye imbarutso y’iremwa ry’iki kirwa kitarahabwa izina, yayahamirijwe n’Ikigo Gishinzwe Iteganyagihe mu Buyapani, JMA.

Mu minsi ishize umwarimu w’ubumenyi bw’ibirunga muri Kaminuza ya Tokyo, Setsuya Nakada, yagaragarije ikinyamakuru ‘Japan Times’ ko ibikoma [magma] byari bimaze igihe kinini munsi y’amazi ku buryo byari byitezwe ko mu gihe runaka hashobora kuba nk’ibyabaye.

Iki kirwa cyavutse kiri mu bilometero 1,200 uvuye ku butaka mu Majyepfo y’u Buyapani n’ikilometero kimwe gusa uvuye ku kindi cyari gisanzwe cya Iwo Jima, ikirwa gifite amateka akomeye cyane, cyarwaniweho intambara y’Isi ya Kabiri, ababarirwa mu bihumbi bakahasiga ubuzima.

Si ubwa mbere ikintu nk’iki kibaye mu Buyapani, kuko mu 1707 ikirwa Hoei-jima, nacyo cyavutse muri ubwo buryo. Ni ikirwa giherereye mu bilometero 10 mu Majyepfo y’ikirwa cya Oshima.

Mu 1886 kandi iruka ry’ikirunga cya Io-jima, ryatumye havuka ikindi gishya cya Nishino-shima. Ibi ahanini biterwa n’uko u Buyapani buherereye mu gice cy’Inyanja ya Pacific kizwi nka ‘Pacific Ring of Fire’ gikunda kwibasirwa n’imitingito n’iruka ry’ibirunga inshuro nyinshi.

Ingabo z’u Buyapani zirwanira mu Mazi, JMSDF, nizo zafashe amafoto agaragaza ikirunga kiruka, nyuma hakaza kwirema ikirwa gishya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .