00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SpaceX yohereje mu isanzure abantu bane bazakora ubushakashatsi ku bitotsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 August 2023 saa 12:48
Yasuwe :

Ikigo cy’Umunyemari, Elon Musk, SpaceX ku bufatanye n’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gikora mu bijyanye n’isanzure, NASA byohereje mu isanzure abahanga barindwi bazakora ubushakashatsi burimo no kureba itandukaniro ry’ibitotsi umuntu agira ari ku Isi n’ibyo agira ari mu isanzure.

Icyogajuru kirimo aba bushakashatsi barindwi cyagahurutse i Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatandatu.

Biteganyijwe ko mu mezi ane aba bashakashatsi bazamara mu isanzure baziga ku bintu bitandukanye birimo kureba niba bagiteri zizamukana n’abantu mu cyogajuru zishobora gukomeza kubaho na nyuma yo kugera mu isanzure.

Aba bushakashatsi kandi bazasuzuma uko ibitotsi umuntu agira igihe ari ku Isi bitandukanye n’ibyo agira ari mu isanzure. Ibi bizakorwa hapimwa ubwonko bw’umuntu usinziriye mu cyogajuru.

Uretse ubu bushakashatsi, aba bahanga bazakora n’inyigo igaragaza niba abantu bashobora gusukura amazi baba bakoresheje mu cyogajuru kugira ngo yongere gukoreshwa, hagendewe ku kureba ubushobozi bwa mikorobe ziba zayagiyemo.

Biteganyijwe ko iki cyogajuru kizagera mu isanzure ku Cyumweru, abashakashatsi bagahita batangira imirimo yabo.

Icyogajuru kirimo aba bashakashatsi cyahagurukiye i Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .