Mukansanga amaze kubaka izina mu gusifura umupira w’amaguru. Ibikorwa azafatanya na Unicef byatangiye ku wa 4 Kanama 2022.
Nk’uko Unicef Rwanda yabitangaje ibinyujije kuri Twitter, azajya afasha uyu muryango kuvugira abana aho bari hose ku isi. Ikindi ni uko azajya ashishikariza abantu cyane cyane ababyeyi kwitabira gahunda zitandukanye zigenewe abana.
Mukansanga ubwe ntacyo aratangaza kuri iyi gahunda.
Aherutse gusifura umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cy’abagore bikaba binateganyijwe ko azasifura n’Igikombe cy’Isi mu bagabo, kizabera muri Qatar mu Ugushyingo 2022.
Yatoranyijwe mu basifuzi 36 bazaba basifura hagati, aho abandi bagore batoranyijwe ari Stéphanie Frappart wo mu Bufaransa, Yoshimi Yamashita wo mu Buyapani n’abandi.
We’re thrilled to announce the signing of Ms. Salima Mukansanga @RhadiaSalma as a UNICEF champion for children!
Salima will use her burgeoning platform and voice to speak up for children everywhere.
Welcome to the @UNICEF family Salima! pic.twitter.com/kiOw2eZmZw
— UNICEF Rwanda (@unicefrw) August 4, 2022
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!