Imikino itandatu Manchester United yakinnye mu rwego rwo kwitegura yayisoje ku cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022, itsinze ibitego 14 yinjizwa bitandatu.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku masomo atanu umutoza mushya wa Manchester United, Eric Ten Hag, yigiye muri iyi myiteguro.
Gushaka uko yakoresha ikipe itarimo Ronaldo
Cristiano Ronaldo nyuma yo kwemera kugaruka i Manchester, yakinnye umukino wa Rayo Vallecano. Ikintu cyarakaje Ten Hag cyane ni uburyo Ronaldo ubwo yasimburwaga mu gice cya mbere yahise ataha umukino utarangiye.
Ten Hag abona Anthony Martial nka rutahizamu we azakoresha cyane uyu mwaka dore ko yatangiye no gusaba ko yakongererwa amasezerano.
Kubakira umukino mu kibuga hagati
Icyifuzo cya Ten Hag ni uko yabona Frankie de Jong wa FC Barcelona, agendeye ku byo ashaka kuzakina muri Manchester united.
Iyi kipe yakomeje kugaragaza ubushake bwo gusinyisha uyu musore ariko bikomeje kugorana kuko we atifuza kuzakina Europa League.
Mu gihe De Jong yaba akomeje kubura Ten Hag ibisubizo abitegereje muri Fred, Scott McTominay na Donny van de Beek.
Gusa hakavugwa n’amazina mashya nka Milinkovic-Savic wa Lazio Roma.
Sancho na Rashford inkingi za mwamba
Ten Hag yanyuzwe n’uko Marcus Rashford na Jadon Sancho bitwaye mu mikino y’imyiteguro. Aba basore bombi batsinze ibitego banigarurira icyizere.
Mu busanzwe Ten Hag akunda abakinnyi baca mu mpande (Winger) bihuta, bacenga basatira myugariro w’ikipe bahanganye.
Umwaka ushize Rashford yatsinze ibitego bine, Sancho atsinda bitatu, Elanga atsinda bibiri.
Kongerera icyizere Harry Maguire
Maguire yasoje umwaka ushize benshi mu bakunzi ba Manchester United bamutera amabuye, Ten Hag aje batekerezako yihutira kumwambura inshingano zo kuyobora bagenzi be mu kibuga, ariko si ko byagenze.
Uyu mutoza yizera ko Maguire akeneye guhabwa icyizere kuruta kwamburwa igitambaro cyo kuyobora bagenzi be cyangwa gushyirwa ku ntebe y’abasimbura.
Uretse guhabwa izo nshingano, nyuma yo kuza kwa Lisandro Martinez, Maguire yahawe kujya akina ahengamira iburyo, mu gihe Martinez azajya ahengamira ibumoso.
Guha umwanya abakiri bato
Ten Hag azwiho kuzamura abakiri bato aho yanyuze muri Bayern Munich na Ajax. Uyu mwaka Manchester united yizeye kubona abasore bayo bato nka Zidane Iqbal, Alejandro Garnacho, Amad Diallo bazamura urwego.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!