Amavubi yaherukaga gutsinda umukino uwo ari wo wose muri Nzeri 2019 ubwo yatsindiraga Ethiopia iwayo mu gushaka itike y’iri rushanwa ryari kuba muri Mata 2020, ariko rikimurirwa mu ntangiriro z’uyu mwaka kubera icyorezo cya COVID-19.
Ku ikipe y’u Rwanda, wari umukino utandukanye n’indi ibiri yabanje, aho watangiranye gusatira gukomeye, Tuyisenge atera n’umutwe, Mutsinzi ahagarika Ouro-Agoro mbere y’uko Nshuti Dominique Savio ahindura umupira washyizweho umutwe na Hakizimana Muhadjiri, ufatwa neza n’umunyezamu Aigba.
Mashami Vincent yasabwe gukora impinduka hakiri kare, ku munota wa munani gusa, Manzi Thierry asimburwa na Bayisenge Emery nyuma yo kubabara mu gatuza akitabwaho inshuro ebyiri ntibigire icyo bitanga.
Byiringiro Lague wahawe ikarita y’umuhondo hakiri kare, ni we umukino w’u Rwanda wari wubakiyeho, aho yaremye uburyo bukomeye burimo umupira yahinduye mu izamu nyuma yo gucenga abakinnyi babiri, Tuyisenge Jacques akojejeho ikirenge ujya hanze.
Mu gihe uburyo bumwe bwa Togo bwabonywe na Kakouvi Amekoudi, umupira akawutera hanze, Imanishimwe Emmanuel yagerageje ubundi buryo ku ruhande rw’Amavubi, umupira usubizwa inyuma na Aigba mbere yo gukurwaho na myugariro we.
Habura iminota umunani ngo igice cya mbere kirangire, Abdou-Samiou Tchatakora yacomekeye umupira kapiteni we, Yandoutne Nane, uyu ntiyamutenguha, atazuyaje, atsindira hagati ya Mutsinzi Ange na Kwizera Olivier wari wasohotse.
Togo yashoboraga kubona ikindi gitego nyuma y’iminota ibiri, umupira winjiranywe na Ismael Ouro-Agoro, awuhinduye mu izamu uhindurirwa icyerekezo na Kwizera Olivier.
Ikosa ryakorewe kuri Byiringiro Lague na Abdoul-Halimou Sama mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, ni ryo ryavuyemo umupira w’umuterekano watewe na Bayisenge Emery, maze Niyonzima Olivier ‘Seif’ wari wigeze kugerageza umupira w’umutwe bikanga mu minota ya mbere, noneho biramukundira, awuboneza mu izamu aciye hagati y’abakinnyi ba Togo, awutanga Aigba wari uwutegereje, uruhukira mu rushundura.
Akoro winjiye asimbura ubwo igice cya kabiri cyari gitangiye, ni we watsindiye Togo igitego cya kabiri ku munota wa 59 ku mupira wahinduwe na Ismael Ouro-Agoro wacitse Niyonzima Olivier agahindura umupira hagati ya Mutsinzi Ange, Kwizera Olivier na Imanishimwe Emmanuel.
Nyuma y’amasegonda make, Omborenga Fitina yahinduye umupira mu rubuga rw’amahina, Tuyisenge Jacques azamuka mu kirere, awudunda n’umutwe, uruhukira mu izamu rya Aigba. Kapiteni w’Amavubi yaherukaga gutsinda igitego muri CHAN 2011 kuri Tunisia.
Ikipe y’Igihugu yigaragaje nk’iyari izi icyo ishaka kuri uyu mugoroba, yakomeje gusatira ndetse ku munota wa 66, Twizeyimana Martin Fabrice wari umaze iminota 10 asimbuye Kalisa Rachid, ahindura umupira wafunzwe neza na Sugira Ernest, acenga abakinnyi babiri ba Togo mbere yo kuwuboneza mu izamu.
Kwizera Olivier yarokoye Amavubi ku mupira wahinduwe na Akoro, awushyira muri koruneri mbere y’uko kandi akora ku watewe na Abdou-Samiou Tchatakora, ugakubita igiti cy’izamu mbere yo gusubira inyuma mu minota 10 ya nyuma. Mu minota ishyira umusozo, Bayisenge Emery na we yarokoye Amavubi ku mupira yakuye mu izamu.
Gutsinda uyu mukino bivuze ko u Rwanda rwazamutse ari urwa kabiri n’amanota atanu, aho ruzahura n’ikipe izaba iya mbere mu itsinda D rigizwe na Zambia, Guinea, Tanzania na Namibia, ariko iki gihugu cya nyuma cyamaze gusezererwa.
Mu wundi mukino wabaye muri iri tsinda, Maroc yatsinze Uganda ibitego 5-2, izamuka iyoboye itsinda C n’amanota arindwi ndetse izahura n’ikipe izaba iya kabiri mu itsinda D rizasoza imikino yaryo ku wa Gatatu.
Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:
Rwanda: Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry (Bayisenge Emery 8’), Mutsinzi Ange, Niyonzima Olivier, Kalisa Rachid (Twizeyimana Martin Fabrice 56’), Byiringiro Lague, Nshuti Dominique Savio (Sugira Ernest 61’), Hakizimana Muhadjiri na Tuyisenge Jacques (c).
Togo: Abdoul-Moubarak Aigba, Bilal Moussa, Abdoul-Sabourg Bode, Messan Toudji, Abdou-Samiou Tchatakora, Yandoutne Nane (c), Ismael Ouro-Agoro, Kossivi Adjahli, Abdoul-Halimou Sama, Kakouvi Amekoudi na Kparo Ahoro.
💙💛💚💪🏾#Amavubi
— AIKN (@AngeKagame) January 26, 2021
Umukuru w'uRwanda @PaulKagame ati: Dutsinda urugamba ntitwigambe, imbaraga twagatakarije muri iyo migirire atubuza tuzisasire umutsondo w'urugamba rudutegereje. Mwimanye uRwanda,rurizihiwe, mujye mukotana uko.Mukwiye inka y'ubumanzi.Intango yo ndayiteretse.Wishyuke @Mashavince
— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) January 26, 2021
Rubyiruko Mizero y'uRwanda, mugihe cy'ibyago nk'ibi, twishimire umutsindo wacu tudashyira ubuzima bwacu n'ubwabacu mu kaga.Byaba bimaze iki tugeze kumukino wanyuma, utakiri mu isi y'ubazima, ugasiga wanduje Abazima #DutsindaUrugambaNtitwigambe ibyiza ni Ibyabazima si Ibyabazimu
— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) January 26, 2021
The Clamor is the city! 🎆🎆🎆 We can hear it from our balcony! Heartwarming.❤️ I wish our National team players could hear this ✨🇷🇼🎊 #Amavubi
— Michaella.Ru (@MichaellaRu) January 26, 2021
A prayer in unity to humbly and gratefully say thank you GOD.
Also thank you Rwanda for the support. We surely felt it away from home.
Quarter-Finals ahead of us. We go game by game. #TotalCHAN2020 | #Tubadwinge #Amavubi @CAF_Online pic.twitter.com/BanrTX8Gjv
— Rwanda National Team🇷🇼🇷🇼 (@AmavubiStars) January 26, 2021
#Amavubi 🇷🇼 pic.twitter.com/H6IPkWoqBA
— Sabin Nsanzimana,MD,PhD (@nsanzimanasabin) January 26, 2021
Amavubiiii Oyeeeeee Congratulations to @amavubiofficial Twese tubariyumaaa 🇷🇼🇷🇼💯🙏 pic.twitter.com/AH482pIYxR
— Mugisha Samuel (@samuelmugisha97) January 26, 2021
Thank you @AmavubiStars @Mashavince @Tuyisenge250 @sugira_ernest @Emery8b Mwakoze #RwOT
Ababanenze nta musaruro, bakwiriye kubashima. Urugendo ruracyakomeje, nimukotane, mutwarane. Imana y'uRwanda ibane namwe. pic.twitter.com/3xzMoEgTzO— Tom Close (@tomclosetweets) January 26, 2021
If this is not sponsored by @Kwitaizina and @FlyRwandAir then I don't know what is😂😂😂😂 https://t.co/Q10XDAUMuq
— Kalinda Brendah (@KalindaBrendah) January 26, 2021
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!