00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shalom Choir yitegura igitaramo gikomeye, yahuje urubyiruko rwo muri ADEPR (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 13 September 2023 saa 11:55
Yasuwe :

Shalom Choir ifatanyije n’ubuyobozi bwa ADEPR Ururembo rwa Kigali yateguye ibikorwa bihuriza hamwe urubyiruko rw’iri torero muri gahunda y’ibikorwa bibanziriza igitaramo izakorera muri BK Arena ku wa 17 Nzeri 2023.

Ibi bikorwa byateguwe hagamijwe kuganiriza urubyiruko ku ndagaciro zikwiye urubyiruko Imana, igihugu n’Itorero ADEPR byifuza, bikazamara icyumweru uhereye ku wa 13 Nzeri 2023.

Iri huriro ry’urubyiruko ryitabiriwe n’abagera kuri 362 barimo abo mu mashuri yisumbuye na kaminuza baturutse muri paruwasi 12 zigize ururembo rwa Kigali.

Perezida wa Korali Shalom, Ndahimana Gaspard yibukije abitabiriye ko “urubyiruko rukijijwe ari rwo hazaza h’Itorero n’igihugu muri rusange.”

Agaruka ku cyatumye bategura iki gikorwa yavuze ko bashakaga guhugura urubyiruko rwa ADEPR nyuma yo gusanga hari byinshi badasobanukiwe ku itorero ndetse hari n’ibibazo birwugarije hagendewe ku biba kuri bagenzi babo.

Ati “Twarebye ku byugarije Umujyi wa Kigali cyane cyane urubyiruko harimo ibiyobyabwenge. Niyo mpamvu twateguye iki gikorwa kugira ngo duhurire hamwe tuganire ku hazaza h’itorero, dukora ibikorwa bidufasha kubohoka imitima.”

Umushumba Mukuru wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, yasabye urubyiruko kwirinda ibikorwa bisenya, bitajyanye n’indangaciro z’umukirisitu.

Yagizr ati “Ntuzakundire abantu gutuka igihugu cyawe, ahazaza hawe. Muhagarane na ADEPR nimubona umuntu ufite indangururamajwi avuga ibitajyanye n’indangaciro z’umukiritso, uwo mumwirinde kuko arasenya umurage.”

Yasobanuriye uru rubyiruko ibikorwa by’itorero, abagaragariza aho rigeze ryiyubaka maze abasaba gusegasira ibimaze kugerwaho no guharanira kubyongera.

Mu bikorwa yagarutseho harimo ibyo gufasha abatishoboye kubona ubuvuzi, gufasha abataragize amahirwe yo kwiga, kurwanya imiririre mibi n’igwingira binyuze mu kubaka imirima y’igikoni n’ibindi.

Ibindi ni ibikorwaremezo byubatswe birimo Dove Hotel, insengero zitandukanye, umushinga wa televiziyo ugeze kure utegurwa nyuma ya radiyo n’ibindi.

Abitabiriye ibi biganiro bagaragaje ko banyuzwe na byo biyemeza kuba abarinzi b’ibyagezweho ariko bagaragaza ibyifuzo birimo kugira ishuri ryigisha urubyiruko Bibiliya.

Dushime Grace waturutse muri Paruwasi ya Remera yavuze ko batabashaga kubona amahirwe yo gusobanurirwa amateka y’itorero, asaba ko igihe cy’ibiruhuko hazajya habaho ingando z’abanyeshuri babarizwa muri ADEPR.

Igitaramo Shalom Choir izakorera muri BK Arena izagihuriramo na Israel Mbonyi ku wa 17 Nzeri 2023. Kuri uyu wa 14 Nzeri 2023 abayobozi ba ADEPR na Shalom Choir bazasura abakobwa batewe inda zitateguwe bari mu Murenge wa Kinyinya.

Muri iri huriro urubyiruko rwa ADEPR rwahawe urubuga rwo kubaza ibibazo byose rwibaza ku bijyanye n’intego y’umunsi ariyo ‘ADEPR twifuza’, ndetse n’imbogamizi ruhura nazo buri munsi
Mu byifuzo urubyiruko rwatanze harimo icyo guhurizwa mu ngando mu gihe cy'ibiruhuko
Perezida wa Korali Shalom yateguye iki gikorwa, Ndahimana Gaspard
Umuyobozi w’Inama Nkuru ya ADEPR, Phanuel Sindayigaya
Pst Ndayizeye Isaïe yasabye urubyiruko rwa ADEPR kwirinda amagambo asenya ndetse n'ibindi bitajyanye n'indangaciro z'umukirisitu

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .