00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayobozi bato bateraniye mu masengesho yo gusabira igihugu (Amafoto)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 21 August 2022 saa 10:26
Yasuwe :

Abayobozi bato barenga 250 kuri iki Cyumweru tariki ya 21 Kanama 2022, bazindukiye mu masengesho yo gusabira igihugu azwi nka “Young Leaders Prayer Breakfast.”

Aya masengesho ari kubera muri Kigali Serena Hotel, yitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru za Leta, abayobozi bakuru b’amadini n’amatorero akorera mu Rwanda n’abandi biganjemo abihayimana. Umushyitsi Mukuru muri aya masengesho ni Madamu Jeannette Kagame.

Yateguwe ku Nsanganyamatsiko igira iti “Abayobozi Bato no Gukunda Igihugu (Young Leaders and Patriotism)”. Igamije kwibanda ku kubaka imiryango myiza no kurerera u Rwanda.

Gukunda igihugu ubusanzwe ni imwe mu ndangagaciro z’Abanyarwanda ndetse n’imwe mu za Rwanda Leaders Fellowship.

Urugamba rwo kubohora igihugu hakoreshejwe amasasu rwararangiye ariko urwo kugiteza imbere n’urwo kukirinda icyagihungabanya ruracyakomeje.

Nubwo hari ibyagezweho mu rugamba rwo kubaka igihugu ariko inzira iracyari ndende ari na yo mpamvu abayobozi bato bagomba gufata iya mbere mu kugena icyerekezo kizima.

Insanganyamatsiko y’amasengesho y’uyu mwaka yatekerejweho hagamijwe kwimakaza indangagaciro yo gukunda igihugu mu bayobozi bakiri bato no gushimangira uburyo kubaka imiryango myiza no kurerera u Rwanda ari inkingi ikomeye mu gukunda igihugu.

Umuyobozi wa Rwanda Leaders Fellowship, Ndahiro Moses, yavuze ko uyu muryango ufite intego zo kwimakaza indangagaciro zubahisha ubuyobozi.

Yagize ati “Kuva washingwa, uyu muryango wateguye ibikorwa bitandukanye. Duharanira ko u Rwanda ruhora ari igihugu cyubaha Imana, gitera imbere kandi Imana ihora yishimira.’’

Ndahiro yavuze ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka izibanda cyane ku kubaka umuryango uhamye utarangwamo amakimbirane.

Ati “Uyu munsi turaza kwibanda ku kubaka imiryango ikomeye no kurerera u Rwanda. Kuba Umunyarwanda ni ukwemera kuba uw’u Rwanda, ukarubamo na rwo rukakubamo. Isano ihari igomba kuba igihango kizira gutatirwa. Hari abumva ko gukunda igihugu ari inshingano z’Igisirikare n’Igipolisi. Uyu munsi ubona Ubunyarwanda bwacu, imiryango yacu igize igihugu isatiriwe n’ibibazo birimo ubukene, amakimbirane, guhemuka mu bashakanye n’ibindi.’’

Umuyobozi wa Rwanda Leaders Fellowship, Ndahiro Moses, yavuze ko abayobozi bakwiye kugira uruhare mu kubaka umuryango uhamye utarangwamo amakimbirane

Aya masengesho yatangiye gutegurwa mu 2016, aho abayobozi bakiri bato bahurira hamwe bagafatanya gusengera igihugu, gushima Imana ndetse bakanagira ibiganiro bishingiye ku nsanganyamatsiko zitandukanye zirebana n’ubuyobozi.

Muri uyu mwaka, hateguwe Amasengesho y’Abayobozi Bakiri Bato, atandukanywa n’Amasengesho ngarukamwaka y’Abayobozi yo Gusengera igihugu “National Prayer Breakfast”. Byakozwe hagamijwe guha imbaraga ibi bikorwa byombi kugira ngo birusheho gutanga umusaruro.

Abayitabira barafatanya kuramya Imana no Gusengera igihugu; kuganira ku cyo Bibiliya ivuga ku gukunda igihugu, kubaka imiryango ikomeye, kurerera igihugu ndetse n’aho bihurira n’ubuzima bwa buri munsi.

Biteganyijwe ko hanatangwa ibiganiro byibanda ku kugaragaza mu buryo bufatika icyo gukunda igihugu aricyo n’uko kubaka imiryango myiza no kurerera u Rwanda ari umusingi ukomeye mu rugendo rwo gukunda igihugu.

Aya masengesho yitezweho umusaruro wo gutangiza ibiganiro bitanga impinduka mu buzima no mu buyobozi bw’abayitabiriye.

Aya masengesho yatangiye gutegurwa mu 2016, aho abayobozi bakiri bato bahurira hamwe bagafatanya gusengera igihugu, gushima Imana ndetse bakanagira ibiganiro bishingiye ku nsanganyamatsiko zitandukanye zirebana n’ubuyobozi.

Rwanda Leaders Fellowship ni Umuryango wa Gikirisitu ufite intego yo kwimakaza indangagaciro zubahisha Imana mu buyobozi. Kuva washingwa mu 1995, wateguye ibikorwa bitandukanye bihuza abayobozi hagamijwe gusengera igihugu, gushimira Imana ku byagezweho no kwiga inyigisho z’Ijambo ry’Imana ku bijyanye n’ubuyobozi bwiza.

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi, aganira na bamwe mu bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu
Dr Usta Kaitesi aramukanya n'umwe mu bitabiriye amasengesho
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Nyarwanda cy’Ikoranabuhanga kinafite urubuga rutangirwaho serivisi za Leta, Irembo, Israël Bimpe, na we yitabiriye amasengesho
Hari kuririmbwa indirimbo zihimbaza Imana ziganjemo iziri mu Njyana Gakondo
Umuhanzi Yvan Ngenzi ukora umuziki uhimbaza Imana mu Njyana Gakondo ari mu bayoboye itsinda ryo kuramya no guhimbaza Imana
Bari bizihiwe bafatanya n'abandi guhimbaza Imana
Umuyobozi wa Rwanda Leaders Fellowship, Ndahiro Moses, mbere y'uko atanga ikaze ku bitabiriye aya masengesho yo gusabira igihugu
Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, mu bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu
Uwizeye Thadim watangije Olado, Sosiyete ikora ubucuruzi bwo kuri murandasi (e-commerce) mu Rwanda
Apôtre Munezero Alice Mignonne uyobora Umuryango Women Foundation na Noble Family Church mu bitabiriye aya masengesho
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy
Bariho Lambert ni umwe bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu
Vuguziga Christine usanzwe ari umucuruzi na we yitabiriye aya masengesho
Umuhanzi uhimbaza Imana, Aimé Uwimana, mu bitabiriye aya masengesho
Me Murangwa Faustin aganira n'Umunyamakuru wa The EastAfrican, Berna Namata
Umuyobozi Mukuru wa Airtel Money, Jean Claude Gaga, yitabiriye aya masengesho
Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, mu bitabiriye aya masengesho
Mu masengesho abayitabira baba bacyeye ku maso
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n'Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, mu bitabiriye amasengesho y'abayobozi bato
Aya masengesho yitabirwa n'abantu bari mu nzego zitandukanye
Bari bizihiwe cyane
Umuyobozi wa Rwanda Leaders Fellowship, Ndahiro Moses, yavuze ko abayobozi bakwiye kugira uruhare mu kubaka umuryango uhamye utarangwamo amakimbirane
Umuvugabutumwa Bariho Lambert yigishije inyigisho igaruka ku gusanisha ibikorwa bya Yesu n'imyitwarire ikwiye kuranga abayobozi bato mu rugendo rwo gukunda igihugu
Abayobozi bato barenga 250 bazindukiye mu masengesho yo gusabira igihugu azwi nka “Young Leaders Prayer Breakfast”

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .