00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angilikani yiyemeje gukoresha abagabo mu gutabara ingo ziri ‘gupfapfana’

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 16 January 2023 saa 01:01
Yasuwe :

Itorero Angilikani ry’u Rwanda by’umwihariko Diyosezi ya Kigali n’iya Shyira, byiyemeje gutanga umusanzu mu gutabara umuryango nyarwanda ugenda upfapfana, yifashishije abagabo bafatwa nk’inkingi za mwamba z’ingo.

Byatangajwe kuri iki Cyumweru ubwo ihuriro ry’abagabo rizwi nka Fathers Union ryo muri Diyosezi ya Shyira, ryagiriraga urugendoshuri kuri bagenzi babo bo muri Paruwasi ya Remera, muri Diyosezi ya Kigali.

Bibaye mu gihe hari ibibazo bitandukanye byugarije umuryango muri iki gihe harimo gusenyuka kw’ingo, amakimbirane yo mu miryango aganisha ku bwicanyi n’ibindi.

Habinshuti Cyprien, Umuyobozi wa Father’s union muri diyosezi ya Shyira yavuze ko bashaka gutanga umusanzu wabo mu guhangana n’ibyo bibazo, bifashishije cyane cyane abagabo.

Ati “Ni ibibazo tubona kuko hari ubuharike, gucana inyuma kw’abashakanye, kudakora imirimo izamura umuryango [… ] Turashaka gufatira aho kugira ngo babe igisubizo koko, babibemo babibayemo, bumve ijambo ry’Imana, barere kandi bakore ibiteza imbere imiryango yabo bishyigikire n’Itorero.”

Umuryango Fathers Union washinzwe mu Itorero Angilikani ry’u Rwanda mu 2009, rigamije gufasha abagabo kuba ku isonga mu iterambere ry’imirango yabo, bubaha Imana.

Habinshuti yavuze ko umuryango nyarwanda uri kugenda upfapfana ku buryo ukeneye imbaraga z’abagabo bumva inshingano.

Ati “Byaragaragaye ko umuryango ugenda upfirirana kubera ko umugabo adafata inshingano zigaragara mu muryango, abana bakabura uburere, iterambere rigapfa kandi abo nibo bakiristu dufite.”

Yavuze ko basuye bagenzi babo ba Paruwasi ya Remera kuko “Bamaze kugira ubumwe bufatika, ubwo bumwe bushingiye ku gusenga bagakizwa nk’abagabo, bagahugura ingo, bagahugura abasore n’inkumi bagiye gushinga ingo.”

Umuyobozi wa Fathers Union muri Paruwasi ya Remera, Kazubwenge James yavuze ko umugabo kugira ngo agire uruhare mu iterambere ry’umuryango we, bisaba ko yigishwa agahinduka, akumva neza inshingano ze.

Ati “Twebwe turabigisha, Imana igakomeza kubagenderera ariko igikomeye buriya umuntu utarakira Kristu ntabwo yabishobora. Utarakira Kristu ngo amushoboze kubabarira uwo babana, amushoboze kudashurashura […] siko bose bakiriye agakiza.”

Umuryango Fathers Union wa Diyosezi ya Shyira uhuriyemo abagabo 1700 mu gihe muri Paruwasi ya Remera bageze kuri 340.

Zimwe mu ntego z’uyu muryango harimo kuba abagabo bubatse ingo za gikirisito zigendera ku ijambo ry’Imana, gutoza abana n’abo mu ngo zabo kubaha Imana no kugendera ku mategeko yayo, kuba abagabo bafatanya bagahumurizanya, bagakomezanya mu byiza no mu byago ndetse no kuba abagabo bakoreshereza Imana impano n’ubutunzi bwabo.

Hagaragajwe ko kimwe mu biri gusenya ingo muri iki gihe ari abagabo batumva inshingano
Abagabo bo muri Angilikani biyemeje kuba ku isonga mu gufasha ingo gukomera
Musenyeri wa Diyosezi ya Kigali muri Angilikani, Bishop Amoti Nathan Rusengo
Musenyeri wa Diyosezi ya Shyira muri Angilikani, Rev Dr Mugisha M Samuel
Umuyobozi wa Fathers Union muri Paruwasi ya Remera, Kazubwenge James yavuze ko umugabo kugira ngo agire uruhare mu iterambere ry’umuryango we, bisaba ko yigishwa agahinduka, akumva neza inshingano ze
Habinshuti Cyprien, Umuyobozi wa Father's union muri diyosezi ya Shyira yavuze ko bashaka gutanga umusanzu wabo mu guhangana n’ibyo bibazo, bifashishije cyane cyane abagabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .