Ni amasengesho azwi nka ’National Prayer Breakfast’ ategurwa n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship.
Aya masengesho afite umwihariko wo guhuriza hamwe abayobozi bakuru b’igihugu, abihayimana, abadipolomate, abikorera, abahagarariye sosiyete sivile n’abandi, hagamijwe gushimira Imana ibyo yakoreye igihugu mu mwaka ushize no kuyisaba gukomeza kukirinda mu mwaka utangiye.
Uyu mwaka aya masengesho afite umwihariko wo kuba mu bwisanzure, nyuma y’igihe aba mu buryo budasanzwe kubera icyorezo cya Covid-19.
Umuryango Rwanda Leaders Fellowship umaze imyaka 28 utegura amasengesho yo gusengera igihugu no gushima Imana.
Kanda hano urebe andi mafoto menshi
Amafoto: Igirubuntu Darcy
Video: Mucyo Jean Regis
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!