00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku nkomoko ya ya mayobera! (Amafoto)

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 5 January 2023 saa 02:26
Yasuwe :

Birashoboka ko umunsi umwe dushobora kuzabyukira ku nkuru y’uko ibyo twigishijwe imyaka n’imyaniko muri Bibiliya bitari ukuri! Ntimundebe ikijisho nanjye Bibiliya ndayemera, ariko hari ubwo wumva ibintu ugasigara mu rujijo.

Mperutse gutembera i Yeruzalemu, bansobanurira amateka y’Umurwa wa Dawidi dusoma muri Bibiliya, banjyana n’i Gologota aho Yezu yaciriwe urubanza. Uwayansobanuriye, si umuntu upfuye kuboneka, ni umugabo uzi Bibiliya mu mutwe, imirongo yose ku buryo ayivuga adategwa, ni na we watembereje aho hantu Papa Francis muri Gicurasi 2014.

Iyo ugeze muri uyu mujyi, niba usanzwe wemera Imana, inkuru ubwirwa ntiziba ari nshya mu matwi yawe. Bitandukanye n’uko wava ibwotamasimbi, ngo ugere i Shyorongi ngo bakubwire iby’ikirenge cyaho. Usanga ari inkuru wumvise bwa mbere, ariko kubera twayobotse, twisanga inkuru z’i Yeruzalemu zimeze nk’izo muri Quartier zo hirya aha iwacu!

Gusa ubwo nahasuraga, natangiye kumva bimwe bincanga. Uzi impamvu? Ni uko twasomye Bibiliya tugashaka kuyisanisha n’ibyo tubona uyu munsi, ku buryo ugera i Yeruzalemu, ukabaza uti ndashaka kujya i Gologota, ukumva ko ari umusozi muremure uri buterere, kandi ari ahantu hatareshya na metero zingahe.

Ubwo nahasuraga, bampaye inkuru zimwe numva ntakwandika hano kuko ntazisobanukiwe, kandi buriya kirazira kubeshya umugabo kandi nawe uri undi! Bambwiye uburyo imyaka ya Yezu twabwiwe atari yo, ukuntu ubu tutari mu 2023 ahubwo turi mu 2027 kuko imyaka batangiriyeho kubara atari yo ahubwo ngo harimo ikinyuranyo cy’imyaka ine n’ibindi nk’ibyo.

Mbese hari inkuru numvise zingarura kuri bimwe dusoma by’amayobera matagatifu. Igitangaje, umunsi ku wundi i Yeruzalemu, havuka ubushakashatsi bushya, bugamije kumenya ukuri kw’ibivugwa muri Bibiliya no kubisanisha n’ibiboneka.

Mu Murwa wa Dawidi

Umurwa wa Dawidi tubwirwa, uyu munsi ni ahantu munsi y’umuhanda, hari amatongo ariko bahora bacukura bashaka kumenya ibiboneka hasi.

Muri Bibiliya mu Gitabo cy’Intangiriro, handitsemo uburyo Imana yagerageje Aburahamu imusaba kujya gutamba Umwana we Izaki, ku Musozi wa Moriya.

Ugiye mu Mujyi wa Dawidi, ubona utwo duce twose. Umusozi wa Elayono wo ubwawo uriranga kuko iyo uwurebeye kure, ubona urabagirana kubera ko uriho imva zera.

Na n’ubu Abayahudi baracyawukoresha mu gushyingura, kandi bashyingura mbere y’uko izuba rirenga.

Ni umusozi ufite igisobanuro kinini mu myemerere y’Abayahudi, Abakirisitu n’abandi bemeramana. Nk’Abayahudi, bemera ko ubwo Mesiya azaba agarutse ariho umuzuko uzatangirira, ku Bakirisitu bo bavuga ko Yezu yabaga Galileya igihe kinini. Iminsi myinshi y’ubuzima bwe ngo yayimaze i Nazareti, ariko hari imyaka itatu yamaze i Capernaum.

Bavuga ko yasuraga Yeruzalemu inshuro eshatu ku mwaka agiye mu biruhuko, kandi ko icyo gihe yagumaga ku Musozi wa Elayono kuko yangaga kujya mu mujyi rwagati kuko yari azi ko Abaroma bahayoboraga bamuhiga bukware.

Nubwo bimeze bityo ariko, biragoye ko wasanisha ibyo ubona byose i Yeruzalemu n’ibyo usoma muri Bibiliya, kuko mu gihe cy’Abahanuzi, nta GPS yabagaho ku buryo bandikaga bashyiraho n’amerekezo ntakuka.

Kugira ngo ubyumve neza, reka twifashishije Bibiliya. Umwe mu mirongo izwi cyane muri Bibiliya, ni Zaburi 125. Haranditse ngo “ Abiringiye Uwiteka, bameze nk’umusozi wa Siyoni, utabasha kunyeganyezwa”; ukomeje imbere gato ku murongo wa kabiri, haranditse ngo “ Nk’uko imisozi igose i Yeruzalemu, ni ko Uwiteka agota abantu be, uhereye none ukageza iteka ryose”.

Usomye uyu murongo, ukajya kureba ibyo wasomye niba bihura n’ibiboneka aha hantu, ntiwabibona kuko aho wahagarara hose i Yeruzalemu, ntabwo wabona imisozi igukikije ariko uramutse uri mu Mujyi wa Dawidi, uba umeze nk’uri mu nkombe y’imisozi.

Kuko nta koranabuhanga ryabagaho icyo gihe, kugira ngo bamenye ngo Umujyi wa Dawidi uvugwa muri Bibiliya ni uwuhe, bisaba kugenekereza muri ubwo buryo.

Ni amateka maremare ashyirwaho umucyo umunsi ku wundi, kuko uko ugerageza gushaka gusobanukirwa ibyanditse muri Bibiliya ubisanisha n’ibyo ubona i Yeruzalemu, ni ko ugwa ku kindi kintu gishya utari uzi.

Urundi rugero ni uko umuhanga mu bijyanye n’ibisigaratongo, yakoze ubushakashatsi mu 2005, avuga ko yavumbuye Ingoro y’Umwami Dawidi.

Uyu munsi mu Mujyi wa Dawidi, ahantu hose bahora bahacukura bashaka kureba ikiri munsi. Ni nako byagenze mu 2005 ubwo bacukuraga mu nda y’Isi, bakabona ahantu bivugwa ko ariho Dawidi yari atuye mu myaka 300 ishize.

Umuntu yakwibaza uko urugo umwami yari atuyemo rwari rumeze, wahita wiyumvisha ko yari inzu nini ariko uwo mushakashatsi yavumbuye inzu nto, yerekana ahari uburiri bwa Dawidi n’ibindi.

Abayisilamu, Abayahudi n’Abakirisitu babana mu mahoro

Abayisilamu bemera ko Muhamad yavuye i Mecca ajya i Yeruzalemu ari ku ifarashi ye yitwaga Buraq. Ageze i Yeruzalemu, bavuga ko yavuye ku ndogobe ye yarangiza akagenda agakandagira aho Aburahamu yari agiye gutambira umwana we Izaki.

Ni ahantu Abayahudi n’Abakirisitu bemera. Babihurizaho n’Abayisilamu. Bemera ko ubwo Muhamad yari ahagaze aho hantu, yerekeje amaso hejuru, akaramburira Imana ibiganza, ikamuha Quran, ari nabwo habaye intangiriro y’Idini ya Islam.

Aho ibyo byabereye hitwa Al-Aqsa hari n’umusigiti witwa gutyo, hari n’inyubako y’amateka yitwa “Dome of the Rock”.

I Gologota hakoranira abantu bo mu madini atandukanye, yewe n’igitangaje mu Ngoro Yezu yahambwemo, ahari imva ye, Abakirisitu, Abayahudi n’Abayisilamu barasimburana mu kuyitaho. Igitangaje ni uburyo Abayisilamu ari bo bafunze urusengero kuri uwo munsi.

Hafi aha ni ho hari “Western Wall”, urukuta rw’amaganya aho umuntu wese wageze i Yeruzalemu ajya gusengera, akandika ibyifuzo bye akabicengeza hagati y’amatafari yubakishije inkuta zaho.

Hari impamvu nyinshi uru rukuta rukurura ba mukerarugendo bo ku Isi hose. Ni hamwe mu hantu hafatwa nk’Ahatagatifu muri Israel ndetse benshi bemera ko na Aburahamu yahasengeye ubwo yari agiye gutamba umwana we Izaki. Abayahudi bamaze imyaka irenga 2000 basengera kuri uru rukuta.

Uhasanga abantu b’ingeri zose, abakuru n’abato, basenga Imana, bamwe baboroga, bayitura ibibazo bafite n’ibindi byifuzo.

Ni urukuta bivugwa ko rwubatswe na Herodi mu Kinyejana cya Mbere, ndetse abemera bavuga ko ariho Umwana w’Imana azahingukira ubwo azaba agarutse ku Isi.

Nibura miliyoni esheshatu basura uru rukuta buri mwaka, bakahavugira isengesho, bakahasiga n’ibyifuzo byabo.

Ni ihurizo gusanisha ibyo usoma muri Bibiliya ni byo ubona muri uyu mujyi wa Kera wa Yeruzalemu
Haruguru gato y'ahari izi nyubako ni ho Gologota aho Yezu yabambiwe
Munsi y'izi nyubako, ni ho hari Umugezi wa Galileya uvugwa muri Bibiliya
Asaaf wadusobanuriye amateka yo mu Murwa wa Dawidi, ni we watembereje Papa Francis aha hantu mu 2014
Inyubako nyinshi zigaragara mu Murwa wa Dawidi zifite imiterere yo hambere
Kuri uyu musozi witwa uwa Elayo, ni ho Abayahudi bashyingura. Bivugwa ko ariho umucunguzi azagarukira
Kimwe mu bintu bitangaje ni ukuntu Umusigiti uba wegeranye n'Urusengero rw'Abakirisitu cyangwa se Isinagogi y'Abayahudi
Izi ngazi ni zo zimanuka ahantu bivugwa ko ariho Umwami Dawudi yari atuye
Abashakashatsi bavumbuye ahari urugo rwa Dawudi, ni hasi mu kuzimu ndetse n'ubu baracyari gukora ubushakashatsi
Aya mabuye bavumbuye ko ariyo yari yubakishije inzu y'Umwami Dawidi
Haracyakorwa ubushakashatsi bugomba kuzagaragaza neza imiterere y'inzu Dawidi yari atuyemo
Mu nkengero z'Umujyi, uhabona ahantu henshi haba hari gucukurwa bashaka kumenya amateka mu buryo bwisumbuyeho
Ni agace gasurwa na ba mukerarugendo benshi
Uyu ni wo Murwa wa Dawidi uvugwa muri Bibiliya
Islam ifite inkomoko muri aka gace kuko ariho Intumwa y'Imana Muhammad yakiriye Quran
Uru rukuta rusurwa n'ab'ingeri zose, bagatura Imana ibyifuzo byabo
Kuri uru rukuta, abagabo bafite igice cyabo cyihariye basengeraho n'abagore nabo ni uko
Bibarwa ko abarenga miliyoni esheshatu bahasengera buri mwaka
Abantu baba bafite ibyifuzo byanditse ku rupapuro, bakabyinjiza hagati y'amatafari ari kuri izo nyubako
Bivugwa ko ari urukuta Imana izasubirizaho abayizera! Ni yo mpamvu ruganwa cyane
I Yeruzalemu hari inkomoko y'imyemerere nyobokamana itandukanye
Iyi nzira ikuganisha i Gologota aho Yezu yababarijwe
Ugana mu rusengero rutagatifu, ubasha kugura ibintu binyuranye bijyanye n'imyemerere gatolika birimo imisaraba, amashapule n'ibindi
Inzira y'ububabare butagatifu igaragara muri iyi nyubako imaze imyaka 300 i Gologota
Aho uwo muntu yinjiye, ubasha gukozamo ikiganza ugakora neza aho Yezu yaguye yatamirijwe ikamba ry'amahwa
Mu nkuta zose z'uyu murwa, uhabona urusengero cyangwa se inyubako yindi ifite amateka
Aha ni ho hari imva ya Yezu, ni inzu nto. Iyo uyigezemo ubasha kubona aho yashyinguwe ariko haratunganyijwe neza kurusha uko hari hameze icyo gihe
Mbere y'uko Yezu ashyingurwa, umubiri we watunganyirijwe aha. Abantu iyo bahageze, barubama bagasenga
Muri aka gace, haboneka imitako yo muri ubu bwoko
Iyi ngoro Yezu yashyinguwemo icungwa n'abayoboke b'amadini atandukanye. Uyu wari uri gufunga ni Umuyisilamu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .