Mu mitegekere ya Vatican, hari umuntu ufite inshingano za Dipolomasi n’izijyanye na Politiki. Afatwa nk’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga cyangwa se Minisitiri ushinzwe izo nshingano muri za Repubulika zisanzwe.
I Vatican uwo mwanya witwa Cardinal Secretary of State. Magingo aya ufitwe na Cardinal Pietro Parolin guhera mu 2013.
Vatican yatangaje ko Papa Francis yanzuye ko Cardinal Pietro Parolin azamwohereza i Juba n’i Kinshasa mu kwereka abaturage ba RDC na Sudani y’Epfo ko abazirikana.
Uyu mwanzuro ufashwe nyuma y’aho Papa Francis asubitse urugendo yateganyaga gukorera muri ibi bihugu byombi. Abaganga be bamugiriye inama yo gusubika izo ngendo kubera ububabare yari afite mu ivi butuma muri iki gihe asigaye atwarwa mu igare.
Cardinal Parolin azakorera uruzinduko muri ibyo bihugu mu cyimbo cya Papa Francis kuva ku wa 1 Nyakanga kugera ku wa 8 Nyakanga.
Ni ingendo zizaba mu gihe n’ubundi izo Papa yateganya kuba zagombaga kubera.
Ku wa Gatatu Nyakanga Papa Francis azasomera misa Abanye-Congo baba i Roma, itariki imwe n’iyo yari gusomera misa i Kinshasa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!