00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isubiriza igihe! Ishimwe rikomeye ku muramyi Mahoro Isaac umaze imyaka 16 mu muziki

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 September 2022 saa 06:58
Yasuwe :

Mahoro Isaac uri mu bahanzi bakomeye mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, ari mu byishimo by’ikirenga nyuma yo kubona umujyanama umufasha mu muziki amazemo imyaka 16.

Niyomwungeri Pierre ni we Mujyanama wa Mahoro Isaac kuva muri Mutarama 2022, gusa amakuru y’imikoranire y’aba bombi ntiyigeze amenyekana mu itangazamakuru. Bamaze gukorana ibikorwa bitandukanye birimo n’igitaramo cyabereye i Nyamata ku rusengero rw’Abadiventisiti, tariki 2 Nzeri 2022.

Iki gitaramo cyiswe “Ibihishwe Live Concert” cyaboyowe n’Umujyanama w’uyu muhanzi, cyaririmbyemo Mahoro Isaac, Vumillia Mfitimana n’amakorali atandukanye abarizwa ku rusengero rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rwa Nyamata.

Abacyitabirye barizihiwe cyane binyuze mu muziki uryoheye ugutwi n’indirimbo zikora ku mutima zaririmbiwemo.

Yaba uyu muhanzi n’umujyanama we, banyuzwe cyane n’iki gitaramo kubera ubwitabire bwacyo ndetse no guhembuka kw’abacyitabiriye.

Mahoro Isaac yabwiye IGIHE ko yanyuzwe cyane n’uko igitaramo cye cyagenze, ashimangira ko byarenze urugero rw’ibyo batekerezaga.

Yagize ati “Ikiri ku mutima wanjye, ndumva nezerewe kandi ndumva ibyo twatekerezaga Imana yarushijeho kubigira byiza cyane kurushaho.’’

Uyu muhanzi yanashimiye umujyanama we mu by’umuziki bamaze amezi icyenda bakorana, kuko bahuje imbaraga muri Mutarama uyu mwaka.

Niyomwungeri Pierre yatangaje ko yahisemo gukorana na Mahoro kuko umuntu uvuga ubutumwa bw’Imana, aba akwiriye gushyigikirwa.

Yagize ati “Ntabwo turi mu bucuruzi, turimo turakora umurimo w’Imana, tubaye tunabara y’uko wenda amafaranga dushora muri ibi azatugarukira, twaba tubara nabi. Ariko ntibivuze ko uyu murimo udakeneye gushyigikirwa, ukeneye amafaranga. Amashusho meza akeneye amafaranga, ibyuma bicuranga bikeneye amafaranga.’’

Mu mwaka wa 2006 ni bwo Mahoro yatangiye umuziki mu buryo bweruye ubwo yashingaga Itsinda ryitwa “Three Angels Light”, ryari rigizwe n’abasore batatu biganaga mu mashuri yisumbuye muri ASPEJ.

Mu 2011 ni bwo yatangiye kuririmba ku giti cye, mu 2013 ashyira hanze album ya mbere yise “Igisubizo ni Yesu”, icyo gihe amafaranga yavuyemo yayakoresheje mu gufasha abana batishoboye bahoze mu bigo by’imfubyi, abapfakazi n’abarwayi bari mu Bitaro byo mu Karere ka Bugesera. Mu 2016 ni bwo yashyize hanze album y’amashusho.

Mahoro Isaac umaze imyaka 16 mu ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo, amaze gukora ibitaramo bigera kuri bitandatu bikomeye ndetse yagiye anitabira ibindi bisanzwe birimo n’ibyo agenda atumirwamo.

Reba indirimbo "Ibihishwe", Mahoro Isaac yitiriye igitaramo cye

Mahoro yari aherekejwe n'abaririmbyi bamufashaga mu kumwunganira mu majwi agororotse
Mahoro Isaac uri mu bahanzi bakomeye mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi yakoze igitaramo yise “Ibihishwe Live Concert”
Mahoro Isaac ni umwe mu bahanzi bahagaze neza mu muziki uhimbaza Imana
Yafashijwe ajya mu mwuka
Iki gitaramo cyitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye
Bafatanyaga kuririmba indirimbo zitandukanye
Babyinnye bafatanya n'abahanzi guhimbaza Imana
Ku maso abitabiriye bari bafite akanyamuneza
Mahoro Isaac yataramye biratinda, yishimirwa n'abakunzi b'ibihangano bye
Vumillia ni umwe mu bahanzikazi batanga icyizere mu muziki uhimbaza Imana
Vumillia Mfitimana ni umwe mu bahanzi banyuze imitima y'abitabiriye iki gitaramo
Korali zitandukanye zatumiwe muri iki gitaramo
Niyomwungeri Pierre, Umujyanama wa Mahoro Isaac kuva muri Mutarama 2022, ni we wayoboye iki gitaramo
Niyomwungeri Pierre ni we Mujyanama wa Mahoro Isaac kuva muri Mutarama 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .