00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kizz Daniel wari wafunzwe na Polisi ya Tanzania yarekuwe ahita asaba kuza mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 8 August 2022 saa 10:06
Yasuwe :

Kizz Daniel wari umaze amasaha hafi arindwi atawe muri yombi na Polisi ya Tanzania, yarekuwe ahita asaba ko yashakirwa uko agera mu Rwanda aho afite igitaramo ku wa 13 Kanama 2022.

Mu mashusho agaragara ku mbuga nkoranyambaga zo muri Tanzania, agaragaza Kizz Daniel wari umaze kurekurwa ajyanwe na Harmonize wagiye kumufata kuri Polisi.

IGIHE ifite amakuru y’uko uyu muhanzi kuva yatabwa muri yombi yatangiye gusaba abamutumiye mu Rwanda kwitegura kumwakira kuko ataguma muri Tanzania.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Ubu turi gushaka indege yihuse imuzana, iyo tubona hafi niyo imuzana kuko ntashaka gutinda muri Tanzania.”

Kizz Daniel yatawe muri yombi akurikiranyweho kwanga kuririmba mu gitaramo yari yatumiwemo muri Tanzania.

Yagombaga gutaramira muri Tanzania ku wa 7 Kanama 2022, bivugwa ko yahageze uwo munsi avuye muri Uganda aho yari yakoreye igitaramo ku wa 6 Kanama 2022.

Uyu muhanzi ngo akigera muri Tanzania yatunguwe no kubura ibikapu bye byose byarimo ibikoresho by’abacuranzi, imyenda ye ndetse n’imikufi y’agaciro arimbana ku rubyiniro.

Nyuma Kizz Daniel n’abamufasha mu muziki batangiye gukurikirana iki kibazo binyuze mu buyobozi bwa sosiyete y’indege yari yamutwaye ariko ntiyahita abona igisubizo.

Uyu muhanzi utari ufite ibikoresho byo gucurangisha, imyenda yo kwambara n’ibindi yaje gufata icyemezo cyo kwanga kuririmba.

Nyuma y’uko Polisi ibonye uburakari bw’abaturage ndetse ikanakira ikirego cy’uwari wamutumiye bivugwa ko ari umwana w’umwe mu bayobozi bakomeye muri Tanzania, yahise ijya kumuta muri yombi.

Nyuma y’amasaha hafi umunani abazwa, hakorwa iperereza, mu ijoro ryo kuri uyu wa 8 Kanama 2022, yarekuwe yakirwa na Harmonize uri mu bafite izina rikomeye muri iki gihugu.

Kizz Daniel ategerejwe i Kigali mu iserukiramuco ry’iminsi ibiri ‘ATHF Rwanda’, rizarangwa n’ibitaramo bibiri azahuriramo na Sheebah Karungi wo muri Uganda.

Iri serukiramuco rizabera kuri Canal Olympia ku wa 12-13 Kanama 2022.

Ish Kevin, Bruce Melodie, Ariel Wayz, Niyo Bosco, Kivumbi King, Momo Lava, France n’abandi benshi bazasusurutsa abitabiriye.

Kwinjira muri iri serukiramuco bizaba ari ibihumbi 15 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 30 Frw mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 60 Frw mu myanya y’icyubahiro cyo hejuru.

Akirekurwa Kizz Daniel yahise asaba gufashwa kugera mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .