00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loyiso Gola na Celeste Ntuli batumiwe muri Seka Fest bageze i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 December 2022 saa 02:02
Yasuwe :

Abanyarwenya Loyiso Gola w’imyaka 39 na Celeste Ntuli w’imyaka 44 bakomoka muri Afurika y’Epfo ubu batuye mu Bwongereza, bageze i Kigali bitabiriye igitaramo cya Seka Fest.

Mu gitondo cyo ku wa 3 Ukuboza 2022 nibwo Loyiso Gola na Celeste Ntuli bari bageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali giherereye i Kanombe bakirwa na Nkusi Arthur wari uherekejwe n’abajyanama be.

Aba banyarwenya bafite izina rikomeye muri Afurika biteganyije ko bazafatanya n’abarimo Kigingi w’i Burundi na Salvado wo muri Uganda.

Byitezwe ko Seka Fest izatangira ku wa 3 Ukuboza 2022, mu bitaramo bibera muri Bus hanyuma ku mugoroba habe igitaramo cyahariwe umunyarwenya Ntarindwa Diogene benshi bazi nka Atome cyangwa Gasumuni n’andi menshi.

Uyu byitezwe ko aba afatanya n’abandi banyarwenya gususurutsa abantu mu mugoroba wo gusangira uteganyijwe kubera muri Kigali Convention Center ku wa 3 ukuboza 2022.

Ku munsi ukurikiyeho ku wa 4 Ukuboza 2022, hategerejwe igitaramo cy’aba banyarwenya biganjemo abaturutse hanze nacyo kikazabera muri Kigali Convention Center.

Ibi bitaramo byombi bizayoborwa na Nkusi Arthur uyu akaba ari nawe utegura Seka Fest.

Ubwo Loyiso Gola na Celeste Ntuli bari bahingutse ku kibuga cy'indege cya Kigali i Kanombe
Loyiso Gola na Celeste Ntuli bishimiye kuba bagiye gutaramira i Kigali
Budandi Nice ureberera inyungu za Arthur Nation ni we wahaye ikaze aba banyarwenya
Nkusi Arthur ubwo yahaga ikaze Celeste Ntuli watumiwe muri Seka Fest

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .