00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasore n’inkumi z’ikimero baserukanye umucyo mu bihembo bya “Diva Beauty Awards” (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 9 August 2023 saa 04:47
Yasuwe :

Abakora ibijyanye n’ubwiza barimo abakora za make up, abogoshi, abatunganya inzara n’abandi bagaragaje ko igihe kigeze ngo bahabwe agaciro mu kazi kabo ka buri munsi cyane ko babayeho igihe kinini bitwa amazina atandukanye kubera ibyo bakora.

Babigarutseho ubwo hatangwaga “Diva Beauty Awards”, ibihembo bigamije gushimira abakora mu gice cy’ubwiza, no gukomeza kumenyekanisha ababikora no kuzamura ubunyamwuga bwabo.

Byatanzwe tariki 6 Kanama 2023 muri Kigali City Tower mu Mujyi wa Kigali rwagati. Byatangwaga ku nshuro ya mbere mu Rwanda.

Niyikiza Olvier uzwi nka Diva Nails usanzwe akora akazi ko gutunganya inzara watangije ibi bihembo, yavuze ko nk’umuntu umaze igihe mu kazi ko gutunganya yagiye ahura n’ibibazo bitandukanye birimo kuba we na bagenzi be badahabwa agaciro ahitamo gutangiza ibi ibihembo.

Ati “Njye nka Diva nakuze mbona ukuntu ibintu bikorwa ariko ni njye wabashije gukora nkamenyekana cyane. Ariko ntabwo byari ibintu byoroshye cyane ko aka kazi gasaba kwihangana cyane kuko habamo imbogamizi nyinshi.”

Yavuze ko ategura iri rushanwa yagiye atanga ibitambo bitandukanye birimo icyizere yagiye atakarizwa kubera ibintu bimwe na bimwe atakoze neza uko yari yabyumvikanye na bamwe mu bo bakoranye kubera imbogamizi yagiye ahura nazo.

Uretse Diva Nails wateguye iri rushanwa, uwitwa Wamunniga usanzwe yogosha ibyamamare wanegukanye igihembo cy’umwogoshi mwiza, yavuze ko aka kazi akora yagatangiye ari ibibazo bamwita ikirara ariko ntacike intege.

Ati “Twabayeho dufatwa nk’ibirara, ariko ubu turi kugenda tubona umusaruro. Nishimiye ko natangiye guhabwa ibihembo.’’

Abandi batandukanye bagiye bavuga ko bamaze imyaka myinshi ibikorwa byabo bidahabwa agaciro ngo bihabwe ibihembo, kuri iyi nshuro bakaba batangiye kwishimira ko hari ababonye ko ibyo bakora bikwiriye gushimwa.

Mu bihembo batanzwe harimo icya Best Lash Artist [Utunganya neza ibitsike n’ingohe kurusha abandi] cyegukanywe n’uwitwa Shaggy, Best Make Up Artist yabaye Trendy Shadow mu gihe Ukora Imisatsi Neza [Best Hair Artist] yabaye uwitwa Eugene Hair.

Utunganya Inzara neza [Best Nail Artist] yabaye uwitwa Izai Nails, Ahakorerwa ibikorwa bya Massage heza [Best Waxing, Massage & Facial] habaye muri Alcobra Dubai, Ukora Tatoo Neza [Best Tattooist] yabaye Shema Tatoo, umwogoshi mwiza [Best Barber] aba Wamunigga umaze kwamamara mu kogosha ibyamamare mu gihe Saloon nziza [Best Hair Saloon] yabaye Kigali Clipper Zone.

Uwitwa Batman yahize abandi bari bahatanye muri ibi bihembo kubera ko ari we watowe cyane kurusha bagenzi be.

Ibindi byatanzwe harimo nk’impano yahawe umwana w’umukobwa ufite impano yo kogosha wahawe imashini na Rafiki and Bebe. Iri rikaba ari iduka riranguza ibijyanye n’ibikoresho byo mu mutwe byose. Abitwa Mikalla and Milk and Honey na bo batanze impano kuri bamwe bari bahatanye n’abandi benshi bari mu batenkunga b’iki gikorwa byagenze gutyo.

Amafoto yaranze igikorwa cyo gutanga ibihembo

Benshi bari baryohewe n'ibi birori
Abantu biganjemo igitsina gore ni bo bari bitabiriye
Buchaman wo muri High Vibes Gang yasusurukije abitabiriye
Buri wese wegukanye igihembo yahabwaga umwanya akagira icyo avuga
Dhihad uzwi ku mbuga nkoranyambaga ni umwe mu bari bitabiriye
Divine na we uzwi mu mwuga wo kubyina yari yitabiriye
DJ Brianne ni we wasusurukije abantu bitabiriye mu miziki itandukanye
DJ Clara uri mu bari kuzamuka yari yabukereye
Fifi Raya na Nadiya bakunze kuba bari kumwe bari bitabiriye
Ibi bihembo itangwa ryabyo ryitabiriwe n'abantu batandukanye
Keza ari mu batanze ibihembo
Keza uzwi ku mbuga nkoranyambaga yari yabukereye
Khalifan ni umwe mu basusurukije abitabiriye
Kigali Clipper Zone yegukanye igihembo cya Salon nziza
MC Buryohe ni umwe mu bayoboye ibi birori
Madiva wateguye ibi bihembo ni uku yaserutse
MC Phiona abyinana n'umwe mu bari bitabiriye
MC Tino ni umwe mu bayoboye itangwa ry'ibi bihembo
Shakira Kay uzwi mu babyinnyi bakomeye mu Rwanda ni umwe mu bari bitabiriye
Shakira na Divine basusurukije abari bitabiriye itangwa ry'ibi birori

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .