00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Babo yafunguye iduka ry’imideli mu Mujyi wa Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 January 2022 saa 08:48
Yasuwe :

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda utuye mu Budage, Babo abifashijwemo n’ababyeyi be yamaze gufungura iduka ricuruza amasakoshi y’abakobwa n’inkweto zabo mu Mujyi wa Kigali.

Iri duka ryiswe ‘Sahorn’ ryatashywe ku mugaragaro mu mpera z’icyumweru gishize, mu muhango wari witabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’abamurika imideli bazwi mu Rwanda.

Mu kiganiro na IGIHE, umubyeyi wa Babo, Murorunkwere Sandrine yavuze ko bafashije umwana wabo gufungura iduka ry’imideli ricuruza amasakoshi n’inkweto by’abakobwa, mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye no kurushaho kumukundisha u Rwanda.

Ati “Babo ni umwana wibera i Burayi, yakuriyeyo ariko nk’umubyeyi mparanira ko atazibagirwa u Rwanda nk’igihugu cye. Ni muri urwo rwego rero twanamufashije gufungura iri duka kuko ni kimwe mu bikorwa bikomeye agiye kuba ahafite.”

Uyu mubyeyi yavuze ko bitewe n’uko umwana akiri muto, nk’ababyeyi bazamufasha gukurikirana ibi bikorwa bye kugeza ubwo azaba akuze.

Yavuze ko impamvu bahisemo kumushingira iduka ry’imideli ari uko abikunda.

Ati “Uretse njye ukunda ibyo kumurika imideli, Babo asanzwe ari umwana ubikunda kandi burya umwana umuha icyo akunda.”

Iri duka riherereye ahazwi nka RWANDEX i Gikondo mu Mujyi wa Kigali. Babo arifunguye nyuma y’iminsi mike asohoye indirimbo ‘Lose you’ afatanyije na Ariel Wayz.

M Izzo na Papa wa Babo bafashe ifoto ubwo bari mu birori byo gutaha iduka ry'uyu muhanzikazi
Babo yari yatumiye Ariel Wayz baherutse gukorana indirimbo
Ariel Wayz na M Izzo ni bamwe mu nshuti za Babo yari yatumiye
Mama wa Babo (uri hagati) yari yatumiye inshuti ze muri uyu muhango
Babo n'ababyeyi be ubwo bafunguraga iduka ry'imideli i Gikondo
Abamurika imideri bari batumiwe muri ibi birori
Umuhanzikazi Asinah akaba inshuti ya Babo nawe yari yatumiwe muri ibi birori
Bari kwitegereza inkweto n'amasakoshi ari muri iri duka
Umubyeyi wa Babo yafatanye ifoto n'abamurika imideri bari muri ibi birori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .