Mu bagaragaye bamabye iyi myambaro harimo Didier Drogba, umwe mu banditse amateka mu mupira w’amaguru muri Afurika. Ubwo yari kuri BBC aho akora ubusesenguzi mu mikino y’igikombe cy’Isi yari yambaye ishati yakozwe na Moshions.
Si ubwa mbere agaragaye yambaye iyi myenda kuko mu minsi ishize nabwo yashyize hanze amafoto yambaye ishati yakozwe n’iyi nzu, akaba yarayiguze ubwo aheruka mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwita Izina abana b’ingagi.
Undi wagaragaye yambaye imyambaro yakozwe na Moshions ni Ilhan Omar, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, uyu mugore w’imyaka 39 ni umwe mu banyepolitike b’abagore bavuga rikijyana ku Isi.
Ilhan Omar yavukiye muri Somalia ariko umuryango we waje guhunga mu myaka ya 1990. Mu mwaka wa 2016, yatorewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko ahagarariye Minnesota.
Yasuye u Rwanda mu Ukwakira 2021. Aherutse gutungurana mu Nteko yitambika umwanzuro wa mugenzi we, Joaquin Castro, wasabaga ko u Rwanda rushyirwa ku gitutu kugira ngo rurekure Paul Rusesabagina.
Ilhan Omar yagaragaye ubwo yajyaga kureba umupira wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yambaye umupira wa Moshions wiswe ‘Intwari Cardigan’ ugura 240.000 Frw.
Moshions yatangiye mu 2015, ubu imaze gushyira hanze ubwoko burindwi bw’imyambaro no kwambika ibyamamare mpuzamahanga bitandukanye nka Saul William, Jidenna, Lous and The Yakuza, Sarkodie, Nomzamo Mbatha n’abandi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!