00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko kumurika imideli byazanzamuye rutahizamu Iradukunda Bertrand wari ushegeshwe no kuvunika amavi yose

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 September 2021 saa 08:58
Yasuwe :

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi na Gasogi United, Iradukunda Bertrand yahishuye uko kumurika imideli byamubereye umuti nyuma yo gushegeshwa bikomeye n’imvune z’amavi yose.

Iradukunda yagize imvune ikomeye mu mwaka w’imikino 2017/2018 aho yavunitse amavi yose bigatuma yiheba bikomeye.

Uyu mukinnyi mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE yahishuye ko nyuma y’iyo mvune yakomejwe n’ibyo kumurika imideli yinjijwemo n’inshuti ye Moses Turahirwa [Moshions].

Yagize ati “Kiriya gihe ubwo navunikaga hari ukuntu nari ntangiye kwiheba numva ko ubuzima butagishobotse. Mu gihe nari mfite imvune nahugiye mu bijyanye no kumurika imideli biramfasha birangira nkize.”

Uyu musore ufatanya guconga ruhago no kumurika imideli, avuga ko yabyinjijwemo na Turahirwa ari nawe bakunda gukorana umunsi ku wundi.

Iradukunda Bertrand yavuze ko kuva akiri muto yakundaga ibijyanye no kurimba, ariko umwanya munini awuharira gukina.

Ati “Ni ibintu nakundaga numva nzabikora ariko nkiri muto nahugiye mu mupira. Maze gukura ni bwo naje kumenyana na Turahirwa Moses wa Moshions.”

Bwa mbere yerekana imideli imbere y’imbaga hari mu 2019 mu birori bya Rwanda Fashion Week [Collective Rwanda].

Iradukunda avuga ko agitangira kwinjira mu byo kumurika imideli, abantu batandukanye barimo abayobozi b’ikipe yakiniraga n’abafana batabyishimiye kuko batekerezaga ko bishobora gutuma asubira inyuma.

Uyu musore avuga ko afatira icyitegererezo kuri Christiano Ronaldo ukora ibijyanye n’imideli kandi akitwara neza mu kibuga, avuga ko intego ye akuzashinga inzu ye y’imideli, ku buryo umunsi azaba atakiri umukinnyi azabibyaza amafaranga.

Iradukunda Bertrand asanzwe ari rutahizamu w'Ikipe ya Gasogi United
Ni na rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu Amavubi
Mu mikino ya CHAN 2020, uyu mukinnyi yatonekaye mu ivi yari yaravunitse mu 2017/2018
Iradukunda asanzwe ahuza ibyo kumurika imideli no guconga ruhago
Iradukunda avuga ko yinjijwe mu byo kumurika imideli na Moses uzwi muri Moshions
Iradukunda avuga ko ibijyanye no kumurika imideli bitajya bimwicira gahunda yo guconga ruhago
Kugeza ubu Iradukunda yatangiye guhanga imyenda ye bwite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .