Ibi bigaragarira ku buryo imyambaro y’inzu z’imideli zo mu Rwanda ikomeje gukundwa ku ruhando mpuzamahanga, urugero nk’iya Asantii, Ijezi ikorwa na House of Tayo yamamaye ku Isi yose.
Abandi bakomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga ni abamurika imideli b’Abanyarwanda, bakomeje kubengukwa n’ibigo bikomeye mu mideli.
Kuva kuri New York Fashion Week ugakomeza no mu bindi birori by’imideli bimaze iminsi bibera hirya no hino ku Isi, wasangaga Abanyarwanda bari mu bamurika imyambaro b’imbere kandi bakunzwe.
Hari bamwe mu bamurika imideli bigaragaje ku ruhando mpuzamahanga mu birori by’imideli bimaze iminsi biba.
Christine Munezero
Munezero Christine ni umwe mu bamurika imideli b’Abanyarwandakazi bari mu bihe byabo byiza, bijyanye n’ibikorwa akomeje kugeraho by’umwihariko mu 2023.
Uyu mwaka ni bwo yagaragaye ku byapa i New York ari kwamamaza imyambaro ya Polo, igikorwa cyagaragaje ko amaze kugera ku rwego rwo hejuru.
Munezero yitabiriye ibirori bitandukanye mu mideli birimo New York Fashion Week aho yamuritse imyambaro ya Ulla Johnson, akihava yahise akomereza muri Milan Fashion Week aho yerekanye imyambaro ya Diesel.
Yakomereje mu bindi birori by’imideli nka Paris na London Fashion Week aho yakoranye n’ibigo by’imideli bitandukanye nka Balmain, David Koma, Ulla Johnson n’ibindi.
Mushikiwabo Denyse
Mushikiwabo Denyse ni umwe mu bamurika imideli b’Abanyarwanda bagaragaye mu birori by’imideli bitandukanye byabereye ku Mugabane w’u Burayi nka Paris, London, Milan Fashion Week n’ibindi.
Muri ibi birori yerekanye imyambaro y’ibigo bitandukanye mpuzamahanga by’imideli birimo Balmain, Etro, Maison Valentino, Alexander McQueen, Missoni, Victoria Beckham, Prada n’ibindi.
Umufite Anipha
Uyu ni umwe mu bakobwa bamaze kugaragaza ubudasa ku rwego mpuzamahanga mu kumurika imideli, uyu mwaka yitabiriye ibirori bitandukanye by’imideli nka Paris, London, Milan Fashion Week n’ibindi.
Umufite asanzwe akorana n’ibigo bikomeye mu mideli mu birori yitabiriye yerekanye imyambaro y’inzu z’imideli zitandukanye nka Fendi, Dolce & Gabbana, Chloé n’izindi.
Umuhoza Linda
Uyu ni umwaka utazibagirana ku munyamideli Umuhoza Linda wubatse izina mu kumurika imideli mu Rwanda, kuko ni bwo yerekeje ku ruhando mpuzamahanga abifashijwemo na Issi Models Africa.
Umuhoza yitabiriye ibirori bitandukanye birimo Paris Fashion Week aho yerekanye imyambaro ya Alessandra Rich no muri Milan Fashion Week aho yerekanye imyambaro ya Blumarine n’ibindi.
Umutoni Ornella
Umutoni ari mu Banyarwandakazi bakomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu kumurika imideli ku ruhando mpuzamahanga. Uyu mwaka ari mu bitabiriye ibirori mpuzamahanga nka Milan, Paris Fashion Week n’ibindi.
Muri ibi birori yakoranye n’ibigo bitandukanye by’imideli nka Dolce&Gabbana, Balmain, Prada n’ibindi.
Isheja Morella
Isheja Morella umaze kuba umwamikazi wa Gucci na Dior ni umwe mu bakomeje kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga mu mideli.
Uyu mwaka yagaragaye cyane mu bikorwa byo kwamamaza ibikorwa by’ibigo by’imideli bikomeye nka Gucci, Daily Paper n’ibindi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!