Ifoto yagiye hanze igaragaza Munezero ari kuri ‘screen’ zamamarizwaho muri Amerika, agaragara ari kwamamaza imyambaro yakozwe na Polo Ralph Lauren.
Munezero ni umwe mu Banyarwandakazi bakomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu kumurika imideli ku ruhando mpuzamahanga, bitewe n’ibigo bikomeye mu mideli akorana na byo.
Urugendo rw’uyu mukobwa ukiri muto rwatangiriye mu Kigo Nyarwanda gifasha abamurika imideli kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga, ‘We The Best Models’.
Kuva icyo gihe yatangiye gukorana n’Inzu Nyarwanda zikomeye mu mideli nka Moshions, aza kugera ku ruhando mpuzamahanga aho akorana na Dior, Maison Valentino, Maison Malgiela, Chloé, Versace, Max Mara, Gucci, Courrèges, Giambattista Valli n’izindi.
Amaze kwitabira ibirori mpuzamahanga by’imideli bitandukanye nka Milan Fashion Week, London Fashion Week na Paris Fashion Week.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!