00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Maison Inkindi’ yashyize hanze imyenda irimo n’ishaje yasubiwemo (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 4 August 2023 saa 01:40
Yasuwe :

Inzu y’imideli n’ubuhanzi, Maison Inkindi, yashyize hanze imyenda yayo mishya ibumbiye mu ruhererekane rw’imyenda imenyerewe ku izina rya “Ready to wears” rwise ‘Ituro’.

Ubuyobozi bw’iyi nzu y’imideli imenyerewe mu kwambika abahanzi no gukora imyenda ifite umwihariko, bwatangarije IGIHE ko imyenda yagiye hanze ari icyiciro cya mbere cy’imbumbe bise “Ituro” ndetse ko icyiciro cya kabiri cyayo na cyo bategura kugishyira hanze mu mpera za Kanama uyu mwaka.

Umwihariko uri kuri iyi mbumbe y’imyenda yashyizwe ahagaragara ni ukuba harimo imwe n’imwe yasubiwemo.

Umuyobozi wa Maison Inkindi, Rwasibo Nshuti yatangaje ko ibi bikorwa hagamijwe kurengera ibidukikije.

Ati “Buri munsi hari amatoni menshi y’imyenda ajugunywa hirya no hino ku isi, tutibagiwe n’u Rwanda. Ibyo bikangiza ubutaka mu buryo bukomeye kuko murabizi ko imyenda myinshi iba ikoranye pulasitiki.”

Arakomeza ati “Twe rero nk’inzu ihanga imideli uruhare rwacu mu kurengera ibidukikije ni ugufata imyenda yambawe tukayihanga bushyashya, tukayiha ubundi buzima ikaba yakongera kwambarwa kandi ifite ubwiza nk’ubw’imishya aho kujugunywa ngo yangize.”

Nubwo avuga ibi ahamya ko icyiciro cya kabiri cy’imyenda iyi nzu izashyira hanze nta myenda yasubiwemo izaba iriho ahubwo ko bateganya kwagura imikorere bagashyiraho igisata gishyinzwe gutunganya no guha ubuzima ubuzima bushya imyenda yambawe muri iyi nzu y’imideli, ibintu bikorwa n’inzu z’imideli nkeya mu Rwanda.

Ahamya kandi ko biyemeje gutanga serivisi yo gufasha abantu gusubiramo imyenda yabo.

Ati “Hari abantu baba bafite imyenda myinshi, imwe muri yo banarekeye aho kuyambara kubera kuyirambirwa cyangwa izindi mpamvu, ugasanga bahora bagura imyenda mishya. Twe nk’inzu ihanga imideli rero icyo tumaze gukora ni uguhanga no mu byakoreshejwe, ipantalo ishaje dushobora kuyihuza n’indi bikavamo umwenda mwiza utatekerezaga.”

Avuga ko ibi bifasha abantu kudahora bajya kugura imyenda bikanarwanya ijugunywa ryayo ari na ryo ritera kwangiza ibidudukikije.

Umuyobozi wa Maison Inkindi, Rwasibo Nshuti yatangaje ko ibi bikorwa byo gukoresha imyambaro ishaje hahangwa imishya byakozwe hagamijwe kurengera ibidukikije
Teddy Rudasingwa ni umwe bifashishijwe mu gufata amafoto yo kwamamaza iyi myambaro
Maison Inkindi ikomeje guhanga imyambaro itanga n'umusanzu mu kubungabunga ibidukikije
Iyi pantalo yiswe 'Irambona' ishobora gukwira batatu bafite ingano zitandukanye
Iyi myambaro iri mu ruhererekane rw'iyiswe Ituro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .