Ibi yabitangarije Ikinyamakuru ‘The Wall Street Journal’, avuga ko mu 2018 ubwo yajyaga gukoresha ikizamini cyo kureba uko amabere ahagaze basanze yarafashwe na kanseri.
Icyo gihe yahawe ubuvuzi ndetse amererwa neza kugeza muri Nyakanga 2022, ubwo yagiraga ikibyimba cyamufashe ku rutugu basanga ari kanseri iri gukwirakwira.
Linda yasabye abaganga ko aho hantu bahabaga bakahakuraho n’ibere kugira ngo agire ubuzima bwiza. Abaganga babanje gushidikanya kuko asanzwe abarizwa mu ruganda rw’ubwiza gusa abasaba ko bamwumvira ko icyo yitayeho atari ukugaragara neza ahubwo ari ukugira ubuzima bwiza.
Uyu munyamideli uri mu bakomeye yatangaje ko ibi bihe bitari bimworoheye ndetse ko yabonaga urupfu rumwegereye, ari yo mpamvu atigeze abitangaza gusa abantu be ba hafi bari babizi.
Linda Evangelista w’imyaka 53 akomoka muri Canada, ari mu bamurika imideli, bakomeye banyuze muri uru ruganda, yagiye ku gifuniko ‘cover’ cy’ibinyamukuru bikomeye inshuro zirenga 700.
Uyu munyamideli yagize ibibazo yatewe no kwibagisha kugira ngo arusheho kuba mwiza byatumye amara igihe atagaragara mu ruganda rw’abamurika imideli. Mu mwaka ushize ni bwo yongeye kugaragara kuri ‘Vogue’, icyo gihe yatangaje ko iyo amenya ingaruka zimutegereje atari kwibagisha kuko byatumye abaho yiyanga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!