00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Peace yinjiye muri Label nshya ahita ashyira hanze amashusho ya ‘Turi Beza’

Yanditswe na

Kalinda Brendah

Kuya 7 May 2015 saa 08:30
Yasuwe :

Jolis Peace umwe mu bahanzi bahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Tusker Project Fame ya 6, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Turi Beza’ nyuma yo gusinya muri Label ya Alpha Entertainment.

Uyu muhanzi uhamya ko amaze kunguka ubumenyi bukomeye muri muzika yabwiye IGIHE ko ari amahirwe akomeye kuba abonye Label abarizwamo ndetse ko yizeye kuzayivanamo umusaruro ufatika.

Yagize ati, “Nari maze igihe nta Label mbarizwamo ariko kuba ninjiye muri Alpha Entertainment ndahamya ko hari impinduka nziza igihe kugaragara muri muzika yanjye ku ikubitiro nkaba nashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Turi Beza’”.

Peace yasobanuye ko gahunda nyinshi za muzika yananirwaga kwifasha abonye ugiye kujya amufasha ndetse na we azakora uko ashoboye kugira ngo abakunzi be batazongera kumubura.

Ati, “Hari ibintu byinshi byananiraga kwifasha, nko gutegura ibitaramo, amashusho y’indirimbo n’ibindi byinshi ariko kuva mbonye Label mbarizwamo nanjye ngiye kujya nkora iyo bwabaga sinjye kure y’abafana banjye ahubwo ndusheho kubaha ibihangano byiza”.

Nyuma y’amashusho ya Turi Beza, uyu musore arateganya gukora indi mishinga ndetse agashyira hanze amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze za kera.

Label ya Alpha Entertainment yashinzwe na Alpha, umugabo wa Tonzi, Peace akaba ayihuriyemo na Phionah witabiriye TPF ya 6 ndetse na Hope wayegukanye.

REBA IYI NDIRIMBO HANO:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .