00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umurenge wa Remera wahembwe imodoka nyuma yo guhiga indi mu isuku n’umutekano

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 24 December 2016 saa 03:20
Yasuwe :

Umurenge wa Remera wo mu Karere ka Gasabo wahembwe imodoka nyuma yo guhiga indi mirenge yo mu Mujyi wa Kigali mu isuku n’umutekano.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Ukuboza 2016, nibwo uyu Murenge wa Remera utuwe n’abaturage bagera ku 34 wahembwe imodoka n’igikombe mu marushanwa y’ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano yari amaze amezi atandatu, yateguwe na Polisi ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali.

Muri aya marushanwa hakorwaga isuzuma ry’uko imirenge yitwara mu kugira isuku n’umutekano kurusha indi.

Iyi modoka Umurenge wa Remera wahawe ni izajya iwufasha mu bikorwa by’isuku n’umutekano.

Umurenge wa Gisozi wabaye uwa Kabiri uhabwa miliyoni ebyiri, uwa Kimisagara uba uwa Gatatu aho wahawe miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Mukaruliza Monique n’umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Gasana Emmanuel bashimiye imirenge yitwaye neza ariko banasaba iyaje mu myanya ya nyuma kwikosora.

Minisitiri w’umutungo Kamere Dr Vincent Biruta we yagaragaje ko aya marushanwa adakwiye kuba imihigo gusa ahubwo yaba umuco w’abatuye umujyi wa Kigali.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Kalisa Jean Sauveur yavuze uyu mwanya wa mbere bawegukanye kubera ubufatanye bagiranye n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage muri rusange.

Yagize ati “Turabyishimiye cyane kuba twabaye aba mbere ku bukangurambaga twakoze ku bijyanye n’isuku n’umutekano kandi nababwira ko ntakindi cyatumye tubigeraho uretse ubufatanye abafatanyabikorwa n’baturage bacu cyane cyane ko bamaze kugera ku rwego rukaze rwo kugira imyumvire iri hejuru y’uko isuku igomba kuba umuco ubaranga.”

Imodoka yegukanywe n'Umurenge wa Remera
Minisitiri w’umutungo Kamere aganira n'Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda
Abaturage na bo bakurikiranye uyu muhango ari benshi
Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye iki gikorwa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Remera ahabwa igikombe
Akarere ka Gasabo kahawe igihembo nk'akitwaye neza kurusha utundi
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Kalisa Jean Sauveur

Urutonde rw’imirenge 10 ya mbere

1.Remera

2.Gisozi

3.Kimisagara

4.Kinyinya

5.Nyarugenge

6.Rusororo

7.Kimironko

8.Kanombe

9.Kimihurura

10.Gikondo


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .