00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukunzi mushya wa Uncle Austin yabyaye

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 7 December 2015 saa 01:46
Yasuwe :

Luwano Tosh uzwi nka Uncle Austin ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko umukunzi we yibarutse umukobwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Ukuboza 2015.

Uyu muhanzi uririmba mu njyana ya Afro Beat yibarutse nyuma y’iminsi ine urukiko rwemeje ko yemerewe gutandukana n’umugore wa mbere Mbabazi Liliane. Aba bombi bari barashakanye mu mwaka wa 2006 ariko ntibarambane nk’uko babisezeranye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Ukuboza 2015 nibwo Mwiza Joannah, umukunzi mushya wa Uncle Austin yabyaye ndetse ubu we n’uruhinja bameze neza.

Mwiza Joannah, umukunzi wa Uncle Austin basigaye babana mu nzu

Uncle Austin atangaza ko nyuma yo kwemererwa gatanya n’uwahoze ari umugore we ubu ngo arangamiye kwita ku mukunzi we mushya Mwiza Joannah no gukora ibibateza imbere bombi.

Umukobwa wavutse, abaye umwana wa kabiri uzwi Uncle Austin yabyaye ku bagore batandukanye. Uncle Austin yatandukanye na Mbabazi Liliane bafitanye umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka icumi.

Uncle Austin n'umukunzi we mushya
Uncle Austin aherutse gutandukana n’umugore we byemewe n’amategeko. Foto/Inyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .