00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dadju yahishuye ko yagiye yanga kuririmbira mu Rwanda kubera ibibazo rufitanye na Congo

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 June 2022 saa 12:04
Yasuwe :

Umuririmbyi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dadju Djuna Nsungula wamenyekanye nka Dadju yahishuye ko yagiye yanga kuririmba mu Rwanda, ku bw’icyubahiro cy’igihugu cye kubera ibibazo bitandukanye gifitanye n’u Rwanda.

Uyu muhanzi usanzwe akorera umuziki we mu Bufaransa yabivuze mu kiganiro yagiranye na Ado Yuwe ukora ibiganiro bitandukanye ku rubuga rwa YouTube. Yari abajijwe uko abona ibibazo bya Congo muri iki gihe.

Yavuze ko hari ibibazo bigaragarira amaso ari nabyo abantu bose babona.

Mu gukomeza yagaragaje ko yagiye ababazwa no gutumirwa mu Rwanda ariko akaba atahakandagira kubera ibibazo by’urukururano igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomokamo gifitanye n’u Rwanda byiganjemo ibyerekeye Politiki.

Ati “Mfite abafana ku Isi yose ndetse mbafite no mu Rwanda. Buri gihe bibabaza umutima wanjye, byankoragaho buri gihe ubwo nabaga natumiwe kuririmba mu Rwanda. Ku by’icyubahiro cy’igihugu cyanjye nagiye nanga kuririmba mu Rwanda [...] ntabwo ari buri wese mubi, hari Abanyarwanda beza, hakaba n’ababi. Hari n’Abanye-Congo beza n’ababi.”

Muri Mata uyu mwaka, Dadju n’umuvandimwe we, Maître Gims baheruka kugirwa ba ‘Ambasaderi b’umuco’ ba RDC. Uyu muhanzi w’imyaka 31 yamenyekanye mu bihangano birimo ‘Mon soleil’, ‘Va dire à ton ex’, ‘King’, ‘Jaloux’ n’izindi.

Dadju yagaragaje ikibazo cya Congo n'u Rwanda nk'indaro y'uko yatumiwe mu Rwanda akanga kuza kuharirimbira
Dadju ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Bufaransa no muri Afurika cyane cyane mu bihugu bivuga Igifaransa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .